Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2024 12:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Uganda ahitwa Kasese haravugwa abantu babiri banduye ubushita bw’inkende, indwara imaze kugera mu bihugu bitanu by’Afurika y’Uburasirazuba. Ibyo ni u Rwanda, Uburundi, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Kenya na Uganda.

Ibyo itaragaragaramo ni Sudani y’Epfo, Tanzania na Somalia.

Umuyobozi muri Minisiteri y’ubuzima muri Uganda witwa Henry Mwabesa avuga ko abo barwayi babonetse mu bice bya Mpondwe na Bwera muri Kasese, agace gaturanya na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abagaragaweho iyi ndwara iri mu zandura cyane ariko ntizihitane benshi ni umugore w’imyaka 37 y’amavuko washakanye n’umuturage wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse n’inkumi y’imyaka 22 y’amavuko.

Mwebesa yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abashinwa ko ibipimo byerekana ko abo barwayi batanduriye muri Uganda ahubwo banduriye hakurya kandi ngo nta bandi bantu baragaragaraho ubwo bwandu.

Icyakora hari abantu icyenda bari gucungirwa hafi no gusuzumwa bifatika kugira ngo niba baranduye bigatinda kugaragara batazagira uwo banduza wundi.

Abo ni abantu bamaze igihe basura bagenzi babo bakorera i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru ahantu habonetse abantu barenga ibihugu banduye buriya bushita bukanahitana abagera kuri 400.

Ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba buherutse gusaba ibihugu byose biwugize kuba maso bigakora ubugenzuzi bwimbitse no gukumira ko abantu banduzanya ubwo bushita.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru kiri kurangira nibwo Kenya yatangaje ko hari umuturage wayo wanduye wabwanduye.

Uwo muntu amakuru avuga ko yabanje guca muri Uganda mbere yo kugera muri Kenya.

TAGGED:featuredInkendeUbushitaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacomora Utugabanyamuvuduko Bashobora Kugezwa Mu Butabera- Polisi
Next Article Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?