Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2024 12:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Uganda ahitwa Kasese haravugwa abantu babiri banduye ubushita bw’inkende, indwara imaze kugera mu bihugu bitanu by’Afurika y’Uburasirazuba. Ibyo ni u Rwanda, Uburundi, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Kenya na Uganda.

Ibyo itaragaragaramo ni Sudani y’Epfo, Tanzania na Somalia.

Umuyobozi muri Minisiteri y’ubuzima muri Uganda witwa Henry Mwabesa avuga ko abo barwayi babonetse mu bice bya Mpondwe na Bwera muri Kasese, agace gaturanya na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abagaragaweho iyi ndwara iri mu zandura cyane ariko ntizihitane benshi ni umugore w’imyaka 37 y’amavuko washakanye n’umuturage wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse n’inkumi y’imyaka 22 y’amavuko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mwebesa yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abashinwa ko ibipimo byerekana ko abo barwayi batanduriye muri Uganda ahubwo banduriye hakurya kandi ngo nta bandi bantu baragaragaraho ubwo bwandu.

Icyakora hari abantu icyenda bari gucungirwa hafi no gusuzumwa bifatika kugira ngo niba baranduye bigatinda kugaragara batazagira uwo banduza wundi.

Abo ni abantu bamaze igihe basura bagenzi babo bakorera i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru ahantu habonetse abantu barenga ibihugu banduye buriya bushita bukanahitana abagera kuri 400.

Ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba buherutse gusaba ibihugu byose biwugize kuba maso bigakora ubugenzuzi bwimbitse no gukumira ko abantu banduzanya ubwo bushita.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru kiri kurangira nibwo Kenya yatangaje ko hari umuturage wayo wanduye wabwanduye.

- Advertisement -

Uwo muntu amakuru avuga ko yabanje guca muri Uganda mbere yo kugera muri Kenya.

TAGGED:featuredInkendeUbushitaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacomora Utugabanyamuvuduko Bashobora Kugezwa Mu Butabera- Polisi
Next Article Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?