Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

No Muri Uganda Hageze Ubushita Bw’Inkende…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2024 12:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Uganda ahitwa Kasese haravugwa abantu babiri banduye ubushita bw’inkende, indwara imaze kugera mu bihugu bitanu by’Afurika y’Uburasirazuba. Ibyo ni u Rwanda, Uburundi, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Kenya na Uganda.

Ibyo itaragaragaramo ni Sudani y’Epfo, Tanzania na Somalia.

Umuyobozi muri Minisiteri y’ubuzima muri Uganda witwa Henry Mwabesa avuga ko abo barwayi babonetse mu bice bya Mpondwe na Bwera muri Kasese, agace gaturanya na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Abagaragaweho iyi ndwara iri mu zandura cyane ariko ntizihitane benshi ni umugore w’imyaka 37 y’amavuko washakanye n’umuturage wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse n’inkumi y’imyaka 22 y’amavuko.

Mwebesa yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abashinwa ko ibipimo byerekana ko abo barwayi batanduriye muri Uganda ahubwo banduriye hakurya kandi ngo nta bandi bantu baragaragaraho ubwo bwandu.

Icyakora hari abantu icyenda bari gucungirwa hafi no gusuzumwa bifatika kugira ngo niba baranduye bigatinda kugaragara batazagira uwo banduza wundi.

Abo ni abantu bamaze igihe basura bagenzi babo bakorera i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru ahantu habonetse abantu barenga ibihugu banduye buriya bushita bukanahitana abagera kuri 400.

Ubunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba buherutse gusaba ibihugu byose biwugize kuba maso bigakora ubugenzuzi bwimbitse no gukumira ko abantu banduzanya ubwo bushita.

Ku wa Gatatu w’iki Cyumweru kiri kurangira nibwo Kenya yatangaje ko hari umuturage wayo wanduye wabwanduye.

Uwo muntu amakuru avuga ko yabanje guca muri Uganda mbere yo kugera muri Kenya.

TAGGED:featuredInkendeUbushitaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abacomora Utugabanyamuvuduko Bashobora Kugezwa Mu Butabera- Polisi
Next Article Rwanda: Itegeko Ryemeye Ko Umugore Yatwitira Mugenzi We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?