Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nshuti Manasseh Yahagarariye Kagame Mu Irahira Rya Museveni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Nshuti Manasseh Yahagarariye Kagame Mu Irahira Rya Museveni

admin
Last updated: 11 May 2021 7:28 pm
admin
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh, yageze muri Uganda yitabiriye Irahira rya Perezida Yoweri Museveni.

Nshuti yageze muri Uganda kuri uyu Kabiri ahagarariye Perezida Paul Kagame, muri uyu muhango uzaba kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gicurasi.

Hon. Minister Prof. Manasseh Nshuti has arrived in #Uganda ahead of the Swearing – in ceremony of H.E Kaguta Museveni scheduled tomorrow representing H.E Paul Kagame. pic.twitter.com/knfPULbc7K

— RwandainUganda (@RwandainUganda) May 11, 2021

Perezida Museveni azarahirira ahitwa Kololo, aha hakaba hamaze iminsi hatunganywa kugira ngo abashyitsi bazitabira irahira rye bazabe bateraniye ahantu hatekanye.

Ibinyamakuru byo muri Uganda bimaze iminsi bitangaza ko Perezida Kagame ari umwe mu batumiwe mu irahira rya Museveni, ndetse ko azitabira.

Ntabwo yagiye muri uyu muhango nk’uko benshi bari babyiteze, kubera umwuka umaze iminsi utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda.

U Rwanda rushinja Uganda gushyigikira imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano warwo, no guhohotera abanyarwanda, bagafungirwa ahantu hatazwi ndetse bagakorerwa iyicarubozo.

Ibibazo by’abanyarwanda bafatwa bagafungirwa muri Uganda ku maherere ndetse bagakorerwa iyicarubozo, cyakomeje kuganirwaho hagati y’impande zombi, ariko ntabwo Uganda iragitorera umuti wa burundu.

Perezida Paul Kagame aheruka kuvuga ko u Rwanda rubanye neza n’abaturanye barimo u Burundi, Tanzania na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ariko ikibazo gisigaye ku ruhande rwa Uganda ku buryo ngo atabasha no kumva uko giteye.

Yagize ati: “Abaturanyi b’amajyaruguru badufiteho ikibazo, n’ubu njye nabayeyo, nakoranye na bo, ngira nte, umbajije neza ngo nkubwire imizi yacyo, ntabwo mbisobanukiwe bihagije.”

Icyo gihe yari mu Nama ya Komite nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi, yabaye mu mpera z’ukwezi gishize.

TAGGED:featuredfeatured dMuseveniPaul KagameProf Nshuti Manasseh
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Iri Kwitegura Intambara Yeruye Ku Banya Palestine
Next Article Miliyari 5.7 Frw Za Leta Zakoreshejwe Nabi Mu Mwaka Ushize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?