Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta COVID Yihinduranyije Turabona Mu Bipimo Tumaze Gufata – Dr Nsanzimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Ubuzima

Nta COVID Yihinduranyije Turabona Mu Bipimo Tumaze Gufata – Dr Nsanzimana

admin
Last updated: 28 June 2021 10:09 pm
admin
Share
SHARE

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zimaze iminsi zipima ubwandu bwa COVID-19 harebwa niba nta coronavirus yihinduranyije irimo gukwirakwira mu baturage, gusa ntakiremeza ko ihari nk’uko ibipimo by’ibanze bibigaragaza.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije aheruka gutangaza ko nta makuru inzego z’ubuzima ziramenya niba ubwoko bwa Coronavirus yihinduranyije (variants) bwarageze mu Rwanda, ariko ko hari ubushakashatsi burimo gukorwa.

Coronavirus zahoze zifite amazina ajyanye n’ibihugu zagaragayemo mbere aheruka guhindurwa, zihabwa amazina ajyanye n’inyuguti z’Ikigereki. Iyo mu Bwongereza yiswe Alpha, iyo muri Afurika y’Epfo yitwa Beta, iyo muri Brazil yitwa Gamma naho iyo mu Buhinde yitwa Delta. Ubu ya Delta yamaze kubyara Delta Plus.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, kuri iki Cyumweru yavuze ko bamaze iminsi bagenzura niba izo virus zitari mu gihugu, ariko ibipimo by’ibanze ntazo biragaragaza. Yari mu kiganiro na Isibo TV.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Tumaze iminsi dupima natwe ngo turebe, mu bipimo byose tumaze gukora ntabwo turayibonamo, hari n’ibyo turimo gupima ubu tuvugana muri uyi minsi ya vuba, gusa njyewe icyo mvuga twayipima, COVID yo muri rusange irahari kandi kwirinda iyihinduranyije no kwirinda itihinduranyije ni bimwe.”

Virus ya Delta irimo guca ibintu mu Buhinde, ndetse bimaze gukekwa ko ari nayo irimo gutera ubwiyongera bukabije bw’ubwandu muri Uganda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ni virus yandura cyane nk’uko Dr Nsanzimana yabisobanuye.

Urugero nka Delta, ukwihinduranya kubiri kwayo gutuma yihuta cyane kurusha izindi mu kwandura, ku buryo niba umuntu umwe yanduzaga undi umwe, arimo kwaduza abantu bane.

Naho niba umuntu yanduzaga undi mu gihe cy’iminota 15 bicaranye, umuntu wanduye Coronavirus ya Delta ashobora kumwanduza mu masegonda 15.

- Advertisement -

Dr Nsanzimana yakomeje ati “Ifite umuvuduko munini. Icya kabiri ku gutuma umuntu aremba naho irihuta. Urumva irihinduranyije, iyo igeze mu mubiri ntabwo biyigora kunyura mu turemangingo dushinzwe kuturinda.”

U Rwanda ruheruka gushyiraho amabwiriza ko umuntu winjiye mu Rwanda avuye muri Uganda cyangwa u Buhinde agomba kujya mu kato k’iminsi irindwi, akongera gupimwa iyo minsi ayisoje ngo harebwe ko atanduye.

Kugira ngo virus yihinduranye biterwa nuko iba yanyuze mu bantu benshi.

Imibare y’abandura mu Rwanda ikomeje kwiyongera, ku buryo kuri iki Cyumweru handuye 741. Ijanisha ku bandura ryari 9.4%.

Dr Nsanzimana yakomeje ati “Ubu rero uyu munsi ni ukuvuga ngo ibipimo byose biri mu mutuku.”

Yasabye abantu kurushaho kubahiriza amabwiriza, ku buryo ingamba nshya ziheruka gufatwa zatanga umusaruro.

Izo ngamba zirimo ko abantu bagomba kuba bageze mu ngo zabo bitarenze saa moya z’ijoro, ndetse nta muntu wemerewe kurenga akarere aherereyemo.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijeDr Nsanzimana SabinfeaturedRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakiriye Impapuro Zemerera Ba Ambasaderi Bane Guhagararira Ibihugu Byabo
Next Article Sunrise F.C Na AS Muhanga Zamanutse Mu Cyiciro Cya Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?