Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta COVID Yihinduranyije Turabona Mu Bipimo Tumaze Gufata – Dr Nsanzimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Ubuzima

Nta COVID Yihinduranyije Turabona Mu Bipimo Tumaze Gufata – Dr Nsanzimana

Last updated: 28 June 2021 10:09 pm
Share
SHARE

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zimaze iminsi zipima ubwandu bwa COVID-19 harebwa niba nta coronavirus yihinduranyije irimo gukwirakwira mu baturage, gusa ntakiremeza ko ihari nk’uko ibipimo by’ibanze bibigaragaza.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije aheruka gutangaza ko nta makuru inzego z’ubuzima ziramenya niba ubwoko bwa Coronavirus yihinduranyije (variants) bwarageze mu Rwanda, ariko ko hari ubushakashatsi burimo gukorwa.

Coronavirus zahoze zifite amazina ajyanye n’ibihugu zagaragayemo mbere aheruka guhindurwa, zihabwa amazina ajyanye n’inyuguti z’Ikigereki. Iyo mu Bwongereza yiswe Alpha, iyo muri Afurika y’Epfo yitwa Beta, iyo muri Brazil yitwa Gamma naho iyo mu Buhinde yitwa Delta. Ubu ya Delta yamaze kubyara Delta Plus.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Nsanzimana Sabin, kuri iki Cyumweru yavuze ko bamaze iminsi bagenzura niba izo virus zitari mu gihugu, ariko ibipimo by’ibanze ntazo biragaragaza. Yari mu kiganiro na Isibo TV.

Ati “Tumaze iminsi dupima natwe ngo turebe, mu bipimo byose tumaze gukora ntabwo turayibonamo, hari n’ibyo turimo gupima ubu tuvugana muri uyi minsi ya vuba, gusa njyewe icyo mvuga twayipima, COVID yo muri rusange irahari kandi kwirinda iyihinduranyije no kwirinda itihinduranyije ni bimwe.”

Virus ya Delta irimo guca ibintu mu Buhinde, ndetse bimaze gukekwa ko ari nayo irimo gutera ubwiyongera bukabije bw’ubwandu muri Uganda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ni virus yandura cyane nk’uko Dr Nsanzimana yabisobanuye.

Urugero nka Delta, ukwihinduranya kubiri kwayo gutuma yihuta cyane kurusha izindi mu kwandura, ku buryo niba umuntu umwe yanduzaga undi umwe, arimo kwaduza abantu bane.

Naho niba umuntu yanduzaga undi mu gihe cy’iminota 15 bicaranye, umuntu wanduye Coronavirus ya Delta ashobora kumwanduza mu masegonda 15.

Dr Nsanzimana yakomeje ati “Ifite umuvuduko munini. Icya kabiri ku gutuma umuntu aremba naho irihuta. Urumva irihinduranyije, iyo igeze mu mubiri ntabwo biyigora kunyura mu turemangingo dushinzwe kuturinda.”

U Rwanda ruheruka gushyiraho amabwiriza ko umuntu winjiye mu Rwanda avuye muri Uganda cyangwa u Buhinde agomba kujya mu kato k’iminsi irindwi, akongera gupimwa iyo minsi ayisoje ngo harebwe ko atanduye.

Kugira ngo virus yihinduranye biterwa nuko iba yanyuze mu bantu benshi.

Imibare y’abandura mu Rwanda ikomeje kwiyongera, ku buryo kuri iki Cyumweru handuye 741. Ijanisha ku bandura ryari 9.4%.

Dr Nsanzimana yakomeje ati “Ubu rero uyu munsi ni ukuvuga ngo ibipimo byose biri mu mutuku.”

Yasabye abantu kurushaho kubahiriza amabwiriza, ku buryo ingamba nshya ziheruka gufatwa zatanga umusaruro.

Izo ngamba zirimo ko abantu bagomba kuba bageze mu ngo zabo bitarenze saa moya z’ijoro, ndetse nta muntu wemerewe kurenga akarere aherereyemo.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijeDr Nsanzimana SabinfeaturedRBC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yakiriye Impapuro Zemerera Ba Ambasaderi Bane Guhagararira Ibihugu Byabo
Next Article Sunrise F.C Na AS Muhanga Zamanutse Mu Cyiciro Cya Kabiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?