Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Kizadukoma Imbere Mu Guharanira Ko Cabo Delgado Iguma Gutekana- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Nta Kizadukoma Imbere Mu Guharanira Ko Cabo Delgado Iguma Gutekana- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 September 2021 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yagejeje ku baturage ba Mozambique ubwo bizihizaga intsinzi yo kwigenga, Perezida Kagame wari umushyitsi mukuru muri uriya muhango yavuze ko nta kintu kizakoma imbere umuhati w’Abanyarwanda n’Abanya Mozambique mu guharanira ko Cabo Delgado ikomeza gutekana.

Uyu mutekano wagezweho nyuma y’igihe kitarenze amezi abiri ingabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’ingabo za Mozambique bafatanyije guhashya abarwanyi bari bamaze imyaka itatu barajujubije abaturage ba Cabo Delgado.

Iyi Ntara ikungahaye kuri Gazi, iherereye mu Majyaruguru y’i Burengerazuba bwa Mozambique.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yabwiye Abanya Mozambique ko u Rwanda rufite ubushake bw’uko  Afurika iba nziza kurushaho, ntibigirire akamaro Mozambique gusa, ahubwo bikagera no ku bandi batuye Afurika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda muri rusange nawe ubwe by’umwihariko yishimiye gutumirwa mu muhango wo ubwigenge bwa Mozambique.

Yashimye uwo yise  ‘inshuti yanjye akaba n’umuvandimwe wanjye’, Perezida Filipe Nyusi wamutumiye ngo yifatanye n’abanya Mozambique.

Yashimye uwo yise ‘inshuti yanjye akaba n’umuvandimwe wanjye’, Perezida Filipe Nyusi

Yagejeje ku banya Mozambique intashyo z’Abanyarwanda bifurije bagenzi babo kugira umunsi mwiza w’ingabo za Mozambique.

Yabwiye abari bamuteze amatwi  ko ubufatanye n’ubudatsimburwa bw’Abanyafruka bugomba gukomeza kubaranga.

Kagame yavuze ko ubufatanye hagati y’u Rwanda na Mozambique mu guhashya abarwanyi bo muri Cabo Delgado ari kimwe mu byerekana ubufatanye bw’abatuye Afurika.

- Advertisement -

Ati: “ Abatuye Cabo Delgado n’ahandi muri Mozambique bakeneye umutekano, bakabaho batekanye bakora akazi kabi nta kibabuza gusinzira, bagakora bakiteza imbere.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na Mozambique bwatumye ingabo z’ibihugu byombi zifatanya mu guhashya abarwanyi bo muri Cabo Delgado.

Kagame yavuze ko ubu bufatanye bwatanze umusaruro kuko n’ikimenyimenyi ingabo z’ibihugu byombi zirukanye biriya byihebe, ubu Cabo Delgado ikaba ifite amahoro.

Yunzemo ko kuba abaturage baratangiye kugaruka mu ngo zabo, ari ikimenyetso cy’uko ibintu biri gusubira mu buryo bityo bakaba bagomba gukora bagateza imbere Intara yabo.

Perezida Kagame aha mugenzi we wa Mozambique icyubahiro cya gisirikare

Yashimye abasirikare n’abapolisi ba Mozambique kubera ko bemeye gukorana na bagenzi babo baturutse mu Rwanda, bagakorana mu rwego rwo kongera gutuma Cabo Delgado itekana.

TAGGED:AbapolisiAbasirikareCabo DelgadofeaturedIngaboKagameMozambiqueRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Abajura Biba Inka Bakazihisha Mu Nzu Mbere Yo Kuzibaga
Next Article U Rwanda Rwageze kuri 21% Mu Gukingira COVID-19 Abaturage Bateganyijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?