Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Musirikare Wa DRC Tuzahatira Gusubira Iwabo- Amb Karega
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nta Musirikare Wa DRC Tuzahatira Gusubira Iwabo- Amb Karega

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2025 4:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wihariye ushinzwe ibibera mu Karere k’Ibiyaga bigari Vincent Karega yabwiye itangazamakuru ko abasirikare ba DRC bahungiye mu Rwanda bafite amahitamo yo kuzahaguma nibabishaka.

Yabivugiye mu kiganiro yahereye abanyamakuru i Rubavu ahitwa Vision Jeunesse Nouvelle aho abo basirikare 110 ba DRC bacumbikiwe.

Bacumbikiwe ahantu hagari babona ibyo kurya, ibyo kunywa kandi bakavurwa na bagenzi babo bo mu ngabo z’’u Rwanda, ishami ry’ubuvuzi.

Karega avuga ko u Rwanda rwakiriye bariya basirikare kuko bari baruhungiyeho kandi bemeye gushyira imbunda hasi.

Avuga ko amategeko mpuzamahanga asaba ibihugu kwakira uwo ari we wese uje abihungiraho, bikabikora mu kuzirikana uburenganzira bwa muntu bugenwa n’amategeko mpuzamahanga.

Ati: “ u Rwanda nk’ibindi bihugu byose rukurikiza amategeko mpuzamahanga. Uwo ari we wese uri mu kaga aba agomba kwakirwa akitabwaho n’abo mu gihugu aje asanga”.

Vincent Karega yavuze ko ejo hazaza habo basirikare hazagenwa n’uko ibintu bizaba byifashe mu gihugu bahunze.

Amahoro nahagaruka bazaba bafite amahitamo yo gutaha iwabo cyangwa se bagahitamo kwaka ubuhungiro buhoraho mu Rwanda.

Umwe muri abo basirikare witwa Lt Kaserela Tshombe yabwiye abanyamakuru ko we n’abo yari ayoboye barebye basanga ibyiza ari ugukiza amagara yabo bagahungira mu Rwanda kuko M23 yari yabakijeho umuriro biratinda.

Avuga ko yahaye abasirikare amabwiriza yo guhungira mu Rwanda nyuma yo kubona ko abari bamukuriye ku rugamba barumutayeho bagahungira i Bukavu.

Abo barimo abafite amapeti ya Majors na Colonels.

Kuri uyu wa Kabiri ibintu birasa n’ibyasubiye mu buryo muri Rubavu kuko abantu bazindukiye mu mirimo yabo.

Nta masasu yumvikanye cyane muri uyu mujyi uturiye Goma.

Icyakora amasasu yarashwe mu Rwanda kuri uyu wa Mbere yahitanye abantu icyenda bose hamwe abandi barakomereka.

TAGGED:AmbasaderiCongofeaturedIngaboIntambaraKarega
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Iri Kuvura Ingabo Za DRC Zahungiye Mu Rwanda
Next Article Kagame Yaganiriye N’Umunyamabanga Wa Amerika Ku Bibera i Goma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?