Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Davis D Yaririmbye Agahinda Ke Nyuma Yo Gufungurwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Davis D Yaririmbye Agahinda Ke Nyuma Yo Gufungurwa

Last updated: 17 May 2021 5:13 pm
Share
SHARE

Umuhanzi Davis D yashimiye abantu bose bamufashije ubwo yari afunzwe, ashinjwa ubufatanyacyaha mu gusambanya umwana. We n’abo bareganwa baheruka kurekurwa by’agateganyo, mu gihe bategereje kuburana mu mizi.

Mu kwezi gushize nibwo Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwafunze umuhanzi Kevin Kade n’umufotozi Habimana Thierry baregwa gusambanya umwana w’umukobwa, mu gihe Davis D akekwaho ubufatanyacyaha.

Gusa ku wa Gatanu tariki 14 Gicurasi 202, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwategetse ko barekurwa by’agateganyo, nyuma yo gusanga nta bimenyetso bikomeye byabonetse byatuma bikekwa ko bakoze kiriya cyaha, cyangwa izindi mpamvu zababuza gukurikiranwa badafunzwe.

Davis D yahise asohora indirimbo yise Itara, yatunganyijwe na Producer Element muri Country Record.

Muri iyo ndirimo imara iminota 5:08’’, uyu muhanzi atangira avuga ko akeneye kubaho ubuzima bwe, agakomeza ati “Iki gikombe ukindenze”, imvugo yakoreshejwe na Yezu ubwo imigambi yo kumubamba ku musaraba yari igiye kugerwaho.

Muri iyo ndirimo avuga ko inkuru zimucira imanza zamugize ruharwa nta mpaka, nyamara ngo atakora ibintu nka biriya, ku buryo ubu arimo kurwana n’ikinyoma.

Akomeza ati “Ndarahiye niba kimpama mbambwe, niba ndi umwere nere.” Akomeza avuga ko yibaza niba ari mu nzozi cyangwa niba ari impamo.

Ati “Ntabwo nicuza ibyo mbona, nakatiwe nta cyaha nakoze, ku bakunzi banjye pole nta kundi, nta sheni idacika.”

Muri iyo ndirimbo Davis D anavugamo ko atewe isoni zo kuzabwira umwana we ko biriya bintu yafungiwe bitigeze bibaho.

Akomeza ati “Munsengere.”

Asoza iyo ndirimo ashimira abantu batandukanye bamufashije, barimo abahanzi nka Christopher, Mani Martin, Bushali, Naason, Tizzo n’abandi.

Anagaruka ku bo bari bafungwanyewe, ati “Kavin Kade, Thierry, Yes, nta sheni idacika.”

 

TAGGED:Davis DKevin KadeRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuturage Aranenga Ikigo Cy’Imiyoborere(RGB) Gutanga Serivisi Mbi
Next Article Perezida Kagame Yijeje Tshisekedi Kumushyigikira Mu Kugarura Umutekano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduro

Nyuma Y’Imyaka Babana, Sonia Rolland Yakoze Ubukwe Ashagawe N’Abakobwa Be

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUmutekano

RIB Yavumbuye Amayeri Akomeye Bakoresha Biba Amadolari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?