Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Shyari Ryiza Ribaho Ahubwo Habaho Ishyaka – Tom Close
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Nta Shyari Ryiza Ribaho Ahubwo Habaho Ishyaka – Tom Close

taarifa@media
Last updated: 31 January 2021 6:34 am
taarifa@media
Share
SHARE

Umuhanzi Tom Close yateje impaka hagati  y’abantu banyuranye kuri Twitter bamwe bamubwira ko batabyumva kimwe nawe.

Yagize ati “Ishyari niwo muzi ushibukaho ibibi byinshi biba mu mutima w’umuntu. Kunyurwa n’ibyo ufite si ibya buri wese ariko wowe wabiharanira kuko ari ingenzi.”

Nta wigeze amenya impamvu yabyo gusa benshi mu bamukurikirana babigize ikiganiro mpaka buri umwe akabyandika uko abyumva.

Uwitwa Sangwa Jean De Dieu yamusubije nkaho we atabyumva kimwe nawe agira ati “Kunyurwa cyangwa kwiyakira mu buzima ubayemo simbyemera na gato! Kuko ntiwatera intambwe nimwe mu buzima, utera intambwe mu buzima muri domaine zitandukanye ni uko aba atanyuzwe! Abantu bakwiye kutanyurwa ariko nanone bakirinda gukubita hirya hino bahemuka.”

Tom Close yahise amusubiza amubwira ko igitera abantu kutanyurwa kenshi ari uko abantu bagenda urugendo rudafite icyerekezo hanyuma ibyo bagezeho ntibumve ko bigize intambwe y’urugendo rurerure rw’ubuzima barimo.

Ati “Intambwe yose uteye mu rugendo rukuganisha ku ntego yawe, kunyurwa nayo ntibyatuma udakomeza kugenda.”
Undi yahise amusubiza amubwira ko nta muntu yakwifuriza iyo myumvire.

Yongeyeho ko “ufite ishyari ribi, ahoho uranahemuka, ibi biragatsindwa! Ariko turi ku isi, Umuntu ntakwiye kunyurwa n’ubuzima arimo! Iyo unyuzwe uguma hamwe ntacyo wageraho.”

Abakurikirana Tom Close bagiye bamwe bamushyigikira bavuga ko ibyo yavuze aribyo gusa n’abandi batabyumvaga kimwe nawe yahise abasubiza.

Ati “Nta shyari ryiza ribaho ahubwo habaho ishyaka. Kunyurwa ntibivuze kwigaramira ngo urekere aho gukora. Igihe cyose wakumva ukeneye gutunga iby’abandi cyangwa kuba aho bari, niwo muzi uzashibukaho ishyari.
Kutanyurwa n’ibyo ufite akenshi bikunze kuba intandaro yo kwifuza iby’abandi, nabyo bikaba intandaro y’ishyari. Kunyurwa n’ibyo ufite ntibivuze kureka gushaka ibirenze.”

Nubwo yabonye izindi nshingano zo kuyobora ‘Ishami rishinzwe gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC’ ntabwo byatumye ahagarika umuziki kuko aheruka gusohora indirimbo yitwa Iyo nakunze.

Ishyari niwo muzi ushibukaho ibibi byinshi biba mu mutima w'umuntu. Kunyurwa n'ibyo ufite si ibya buri wese ariko wowe wabiharanira kuko ari ingenzi.

— Tom Close 🇷🇼 (@tomclosetweets) January 28, 2021

TAGGED:ClosefeaturedIshyakaIshyari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inama y’Abashoramari Bo Muri Commonwealth Izabera i Kigali
Next Article Abajenerali Bakuru Ba Uganda Bavanywe Mu Nama Nkuru ya Gisirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?