Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 8:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Sena igiye kwiga ku cyifuzo cy'ingabo cy'uko Kabila yakwamburwa ubudahangarwa ahabwa no kuba Senateri wayoboye igihugu( Ifoto@BBC).
SHARE

Sena ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yaraye yemeje ko hajyaho itsinda ry’abantu 40 baziga kandi bagatanga umwanzuro k’ubusabe bw’Urukiko rukuru rwa gisirikare bw’uko Joseph Kabila yamburwa ubudahangarwa ahabwa n’uko yahoze ari Perezida bityo akaba yakurikiranwa.

Kuba yarigeze kuba Perezida byamuhaye ububasha bwo kuba Senateri ubuzima bwe bwose, ariko kubera ibyo aregwa byo gukorana na M23 ndetse nog gushinga umutwe wa AFC, ubutegetsi burashaka kumukuraho ubwo budahangarwa.

Abagize ririya tsinda barimo Christophe Lutundula, Françoise Bemba, Carole Agito, Justin Kalumba, Yvan Kazadi na Jean Tshisekedi.

Abo bantu barimo 13 bo mu mashyaka ya Politiki n’abandi 27 bo mu buyobozi bw’Intara za kiriya gihugu.

Bose baraza kwitabira inama idasanzwe yatumijwe na Perezida wa Sena ya DRC witwa Jean-Michel Sama Lukonde ngo batangire kuganira kuri iyo ngingo.

Barabanza kumva ibyo Umushinjacyaha mukuru mu rukiko rukuru rwa gisirikare rwa DRC asobanura ku mpamvu shingiro aheraho asaba ko Kabila akurirwaho buriya budahangarwa, nyum bazicare babisuzume.

Perezida Tshisekedi ashinja Kabila kuba inyuma y’ibikorwa bya AFC/M23, umutwe wa politiki na gisirikare umeze imyaka hafi ine urwana n’ingabo ze kandi zikaba zarananiwe kuwuvana ku izima.

AFC/23 yafashe ibice by’ingenzi by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru n’iya Kivu y’Amajyepfo, mu mijyi ya Goma na Bukavu.

Uruhare rushyigikiye Joseph Kabila ruhakana ibyo aregwa, rukavuga ko ari amatakirangoyi ya Tshisekedi wananiwe gushyira igihugu ku murongo.

Bamwe mu bagize itsinda ryo kwiga ku kibazo cya Kabila ni Françoise Bemba akaba umukobwa wa Jeannot Bemba Saolona, uyu akaba umucuruzi uzwi cyane muri DRC, akaba kandi mushiki wa Jean-Pierre Bemba.

Carole Agito Amela ni umusenateri uhagarariye Intara ya Bas-Uele guhera mu mwaka wa 2019.

Jean Tshisekedi Kabasele nawe ni umusenateri ukomoka muri Kasaï Central

TAGGED:AbasenateriAmatorafeaturedKabilaSenaUbudahangarwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro
Next Article Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?