Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Afurika Yagombye Kuba Ishonje –Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntabwo Afurika Yagombye Kuba Ishonje –Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 5:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda avuga ko Afurika ifite ibicyenewe byose ngo yihaze mu biribwa kandi isagurire n’ibindi bihugu.

Yabivugiye mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ikiganiro cyahuje Abakuru b’ibihugu by’Afurika n’abahoze babiyobora bari bateraniye mu nama yiga ku iterambere ry’ubuhinzi igiye kumara iminsi itanu ibera mu Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko Afurika ifite ubutaka, amazi n’ibindi bikenewe kugira ngo yeze yihaze mu biribwa kandi isangurire n’ahandi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko n’ubwo COVID-19 n’ibindi bibazo biri cyangwa byahoze ku isi mu gihe gito gishize byakoze mu nkokora iterambere ry’ubuhinzi, ariko ngo muri rusange Afurika iri kwikura mu bibazo birimo no kutihaza mu biribwa.

Avuga ko umwe mu miti yo kwihaza mu biribwa, ari ugukora k’uburyo umusaruro uva mu buhinzi itangirikira mu murima, mu bigega cyangwa ahandi ahubwo ukagezwa mu ngo z’abahinzi no ku isoko ukiri muzima.

Yatanze urugero ku rugero rw’u Rwanda rwarebye kure hakiri kare rutangira guhunika imyaka kandi ngo mu bihe COVID-19 yacaga ibintu, imyaka yahunitswe muri kiriya gihe yafashije abaturage kuricwa n’inzara kuko gahunda yari Guma mu rugo.

Perezida Kagame avuga ko Politiki z’ubuhinzi zigomba kureba uko abahinzi bazihaza mu  biribwa kandi bakabona amafaranga bashyira muri banki. Ni ikintu kigomba gukorwa hakiri kare kigakorwa neza binyuze mu kureba kure.

Kuri we icy’ingenzi ni uko abatuye Afurika bagira uburyo bwo kuzihaza mu biribwa igihe hazaba habaye ikibazo gitunguranye.

Avuga ko ibibazo biri mu isi muri iki gihe nabyo byagize ingaruka mu gukoma mu nkokora  iterambere ry’ubuhinzi, ariko ngo ibi ntibikwiye.

Ati: “Ishoramari rikorwa mu guteza imbere ubuhinzi muri iki gihe rigomba kuzafasha mu gucyemura ibibazo bizavuga ejo.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko bitumvikana ukuntu ibibazo bibera muri Ukraine bigira ingaruka ku ifarini Afurika icyenera kandi ifite ubutaka bwera, amazi ahagije n’abahanga mu uguhings.

Yarangije ijambo rye ashimira abitabiriye iriya Nama by’umwihariko Oluseguni Obasanjo ucyuye ikivi mu buyobozi bw’impuguke z’Afurika mu by’ubuhinzi.

Perezida Kagame kandi yashimye na Haile Mariam Desalegn kubera umuhati yagaragaje wo guteza imbere ubuhinzi bw’Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedKagameUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 30 Bajyanywe Bunyago Bavuye Gushyingura
Next Article Umuturage Wo Mu Ruhango Yasanze Grenade Hafi Y’Iwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?