Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Dukeneye Utubwiriza Kwibuka Abishwe Muri Jenoside – Dr. Iyamuremye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Ntabwo Dukeneye Utubwiriza Kwibuka Abishwe Muri Jenoside – Dr. Iyamuremye

Last updated: 13 April 2021 2:57 pm
Share
SHARE

Perezida wa Sena Dr Iyamuremye Augustin yavuze ko u Rwanda rudakeneye abarwibutsa kwibuka abishwe muri Jenoside bazira ko batayishyigikiye, kuko nta we urusha abanyarwanda kumenya ibigwi byabo.

Ni abantu batahigwaga kubera ubwoko bwabo – bitandukanye n’abahigwaga bazira ko ari Abatutsi – ahubwo bishwe bazira ko barwanyaga urwango, ivangura, amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, nubwo hari abazize byombi.

Dr Iyamuremye yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri mu gusoza icyumweru cy’icyunamo, no kwibuka abanyapolitiki bishwe bazira ko batari bashyigikiye umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umuhango witabiriwe n’abarimo Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente n’abandi benshi, wabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero mu Karere ka Kicukiro.  

Dr Iyamuremye yavuze ko kwibuka abanyapolitiki barwanyije umugambi wa jenoside bakabizira, ari igikorwa cy’ingenzi mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ibyo ngo bigaragaza ko nubwo Jenoside yashobotse kubera ubuyobozi bubi u Rwanda rwagize, hari n’abagize ubutwari bakitandukanya n’ubwo buyobozi, batibagiwe ko bashobora kwicwa.

Dr Iyamuremye ati “Ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze ihakana ko hari abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bishwe muri Jenoside, batazira ubwoko bwabo ahubwo bazira ibitekerezo byabo bya politiki n’ibikorwa byabo byiza, byatumye leta yakoraga Jenoside ibafata nk’abagambanyi cyangwa abafatanyacyaha ku wo bitaga umwanzi, ni ukuvuga umututsi iyo ava akagera.”

Yatanze urugero uburyo muri Jenoside, muri Butare hatangiye no kwicwa abahutu, ku wa 26 Mata 1994 Perezida Sindikubwaho yandikira Minisitiri w’Intebe Kambanda Jean amwibutsa ko nk’uko babivuganye mu gitondo, abantu batangiye kwikiza ababatambamira, ndetse ko yabahaye urutonde rw’umuryango we, ko nibagira uwo bakoraho azabivamo.

Dr Iyamuremye yavuze ko mu kunamira abagize ubutwari bwo kwanga ikibi, mu 1995 Leta yashyizeho umwanya wo kwibuka ba banyapolitiki.

Ati “Ntabwo rero u Rwanda dukeneye amahanga cyangwa undi uwo ari we wese kutubwiriza kwibuka abishwe muri Jenoside cyangwa kugerageza kuduha amasomo y’uko tugomba kwibuka abanyapolitiki b’intwari bitangiye ubumwe bw’abanyarwanda, n’abandi bishwe kubera ko barwanyaga umugambi wa Jenoside cyangwa se bageragezaga gukiza Abatutsi.”

“Ntawe urusha abanyarwanda kumenya izo ntwari n’ibigwi byazo.”

Yavuze ko nta mpaka bikwiye gukurura, nk’uko hari abagerageza kuvuga ko hari na Jenoside yakorewe Abahutu, mu gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Dr Iyamuremye yanenze ibihugu byakomeje kutemera ko Jenoside irimo gukorwa, bikanga kwemera inyito nyayo ko yakorewe Abatutsi ndetse abayigizemo uruhare bicumbikiye bakaba batagezwa mu butabera, icyo yise “kongera ibibazo ku byo bateje.”

Ati “Nubwo ibyo bihugu bitakoze ibyo byagombaga gukora mu 1994, igikwiye ni uko byareka gutsimbarara bikemera amakosa byakoze yo gutererana u Rwanda, maze tugafatanya kubaka ejo hazaza.”

Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene, yagaragaje ko nubwo igihugu cyagize abayobozi babi, hari n’ababaye intwari bakarwanya umugambi wa Jenoside kabone nubwo baje kubizira.

Yanihanganishije imiryango y’abatutsi barenga ibihumbi 14 biciwe mu Mujyi wa Kigali bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero.

Dr Iyamuremye avuga ijambo ku i Rebero
Hafashwe umwanya wo kwibuka abazize Jenoside
TAGGED:Dr Edouard NgirentefeaturedIyamuremyeKwibuka 27
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Croix Rouge Yunganiye Abagorwaga No Kubona ‘Ambulance’ Muri Bugesera Na Gisagara
Next Article Blaise Compaoré Agiye Gukurikiranwaho Urupfu Rwa Thomas Sankara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?