Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntibikwiye Ko Abatarikingiza Mu Buryo Bwuzuye Bajya Mu Ruhame- Minisanté
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntibikwiye Ko Abatarikingiza Mu Buryo Bwuzuye Bajya Mu Ruhame- Minisanté

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2022 4:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Tharcisse Mpunga avuga ko kuba hari abantu batarikingiza mu buryo bwuzuye, biri gushyira ubuzima bw’abikingije mu bibazo.

Kuri we ngo, igihe kirageze ngo abantu bikingize mu buryo bwuzuye kugira ngo abantu bose babe bafite umutekano w;uko nta bwandu bwava hamwe bukajya ku bandi.

Dr Tharcisse Mpunga avuga ku kuba Leta y’u Rwanda yarashyizeho uburyo bwose bwatumye inkingo ziboneka, ari ikintu Abanyarwanda bagombye guha agaciro bityo bose bakingiza

Ati: “ Ntibikwiye ko umuntu utarikingiza COVID-19 uko bikwiye yitabira kugera ahantu hahurira abantu benshi kubera ko we aba ataruzuza ubudahangarwa

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Dr Tharcisse Mpunga

Ibi bitangajwe nyuma gato y’Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana ifata ibyemezo birimo n’icy’uko bitakiri itegeko kwambara agapfukamunwa ariko nanone ko kukambara ‘ntacyo byaba bitwaye.’

Hari abasomyi ba Taarifa bavuga ko bitumvikana ukuntu umuntu wakingiwe inkingo ebyiri, akanashimangiza urwa gatatu ashobora kwanduzwa n’utarikingije byuzuye.

Icyakora,  ubwandu bwa COVID-19 mu Rwanda bwaragabanutse ndetse bumaze amezi atatu buri munsi ya 1%.

Ikindi kandi Minisiteri y’ubuzima ivuga ko murwayi n’umwe urembereye mu bitaro byose by’u Rwanda kandi ngo n’abanduye bari kwitabwaho mu ngo aho batuye.

Muri Werurwe, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko 60% by’abaturarwanda bamaze gukingirwa COVID-19 mu buryo bwuzuye.

- Advertisement -

Kudafata urukingo rwa #COVID19 mu buryo bwuzuye ni ugutiza umurindi icyorezo kikaba cyakongera koreka imbaga kandi nyamara twari turi hafi yo kugitsinda.

Niba utarakingirwa byuzuye, ufite ibyago byinshi byo kurwara ukaremba. Ntibikwiye ko ujya aho abandi bateraniye. #Sindohoka pic.twitter.com/sB9Ku791kv

— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) May 15, 2022

Ni  intego yavugwaga ko izagerwaho mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

Ni urugendo rwatangiye muri Werurwe 2021 ubwo u Rwanda rwari rumaze kwakira inkingo 240.000 za AstraZeneca/Oxford zakozwe n’ikigo Serum Institute cyo mu Buhinde n’izindi nkingo 102,000 za Pfizer-BioNTech.

U Rwanda rwakomeje kubona inkingo nyinshi zaba izabonetse binyuze mu gahunda mpuzamahanga yo gufasha ibihugu kuzibona (COVAX), izo rwahawe n’ibihugu by’inshuti n’izaguzwe na leta.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo kuri uyu wa Kane tariki 3 Werurwe igaragaza ko abaturarwanda bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe ari miliyoni 8.8, naho abahawe inkigo ebyiri ni miliyoni 7.8.

Guverinoma y’u Rwanda yari yihaye intego yo gukingira 30% (3.915.533) by’Abanyarwanda bitarenze Ukuboza 2021 na 60% (7.831.066) bitarenze Ukuboza 2022.

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente mu Ukuboza 2021 yabwiye Inteko ishinga amategeko ko nyuma y’aho Guverinoma yiyemeje gukingira ingimbi n’abangavu bafite imyaka iri hagati ya 12 na 17, imibare y’abagomba gukingirwa COVID-19 mu Gihugu hose yiyongereye ikagera kuri 69,4%  by’abaturage bose, ni ukuvuga nibura 9.063.245.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje iti “Kugeza uyu munsi, 60% by’abaturarwanda bakingiwe COVID-19 mu buryo bwuzuye. Gahunda yo kugeza inkingo ku baturarwanda bose bagejeje igihe cyo kuzihabwa irakomeje.”

Biteganywa ko abagomba gukingirwa bose zaba bamaze kubona urukingo rwa COVID-19 bitarenze Ukuboza 2022.

Imibare ariko izakomeza kugenda ihinduka, urebye intambwe zimaze guterwa ahandi.

Nka Leta zunze Ubumwe za Amerika iheruka gutangiza ikingira rya COVID-19 no ku bana bari munsi y’imyaka 5, nyuma y’igihe abantu bayirengeje bose bahabwa inkingo.

Abari munsi y’iyo myaka bahabwa ingano nto y’urukingo rwa Pfizer/BioNTech igera kuri  microgram 3, mu gihe abana bafite hagati y’imyaka 5 na 11 bahabwa microgram 10, naho abantu bakuru guhera ku myaka 12 kuzamura bagahabwa microgram 30.

Ni mu gihe nko mu Rwanda kugeza ubu, abahabwa urukingo rwa COVID-19 ari abafite guhera ku myaka 12 kuzamura.

Abamaze guhabwa urukingo rwa gatatu rushimangira bose hamwe mu Rwanda ni miliyoni 1.7.

Muri Werurwe, 2022, iki cyorezo cya COVID-19 kimaze guhitana abaturarwanda 1458, bangana na 1.1% by’abantu 129,543 bamaze gusangwamo ubu burwayi.

TAGGED:AmerikaCOVID-19featuredMpunga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yarasiye Abantu Mu Isoko
Next Article Umubano W’u Rwanda Na Arabie Saoudite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?