Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntidushobora Kwihanganira Abayobya Abandi Muri Iki Gihugu-Dr.Ntezilyayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntidushobora Kwihanganira Abayobya Abandi Muri Iki Gihugu-Dr.Ntezilyayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Urukiko rw’ikirenga Dr. Faustin Ntezilyayo avuga ko u Rwanda aho rugeze kandi rukaba rukiyubaka mu nzego zirimo n’ubutabera, ubutabera bwarwo butazihanganira abayobya abandi.

Yabivuze ubwo yatangizaga inama inzego z’ubutabera zagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu taliki 21, Gashyantare, 2024.

Ntezilyayo yakomozaga ku kibazo cy’uko hari abanyamakuru bakora inkuru z’ubuvugizi bashobora gutandukira amahame y’umwuga wabo babitewe rimwe na rimwe no gushaka indonke.

Avuga ko n’ubwo amategeko y’u Rwanda yemerera abanyamakuru kugera no gutangaza amakuru areba inyungu rusange, ku rundi ruhande ayo mategeko abashyiriraho imbibi.

Izo mbibi zibuza abanyamakuru gutangaza inkuru zidashingiye ku bihamya mpamo kandi zikababuza gutangaza ibintu biyobya.

Ati: “ Ntidushobora kwihanganira abantu bayobya abandi muri iki gihugu kikiyubaka. Ni ngombwa ko abantu bamenya icyo amategeko ateganya”.

Ku rundi ruhande, Perezida w’Urukiko rw’ikirenga ashima uruhare itangazamakuru rigira mu gutangaza ibitagenda neza hagamijwe ko hari ibyakemurwa.

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, (Rtd) Colonel Jeannot Ruhunga avuga ko urwego ayobora rutihutira gufunga umunyamakuru ahubwo iyo rwabonye ko ibyo ari gukora bigize icyaha, rubanza kumuganiriza bakamubuza kubijyamo.

(Rtd) Colonel Jeannot Ruhunga

Ati: “ Mu mikoranire myiza n’itangazamakuru hari ubwo tumenya ko ibyo bari gukoraho inkuru bigize icyaha, hari ubwo tumwegera tukamuburira ko bigize icyaha.”

Umuyobozi wa RIB avuga ko hari abanyamakuru barenga kuri uwo muburo bagahitamo gukora ibyo amategeko abuza kandi ngo ibyo birahanirwa.

Muri rusange, Col Ruhunga ashima imikoranire hagati ya RIB n’itangazamakuru kuko hari ubwo riba uburyo bwiza bwo gufasha abagenzacyaha gutangira akazi kabwo harimo no gukumira cyangwa kugenza ibyaha runaka.

Ibyo yise ‘gutunga ahantu itoroshi.’

Cléophas Barore uyobora Urwego rw’igihugu rw’abanyamakuru bigenzura akayoborana na RBA avuga ko abanyamakuru bakeneye kongera cyangwa kongererwa ubumenyi mu by’amategeko kuko hari ubwo bashobora kurengera bagakora ibigize icyaha mu mategeko bitewe na ‘sinamenye’.

Ashima ko inzego z’ubutabera z’u Rwanda zegera urwego rw’itangazamakuru zikaruhugura, rukazibwira icyo rubona ko byakosorwa kugira ngo imikoranire inoze igerweho.

Mu Rwanda habarurwa ibinyamakuru byemewe na RMC birenga 200.

Abavugizi b’inzego z’ubutabera: Harrison Mutabazi, Dr. Thierry B. Murangira wa RIB, SP Kabanguka uvugira RCS, ACP Boniface Rutikanga wa RNP na Faustin Nkusi w’ubushinjacyaha
Ifoto rusange

 

TAGGED:featuredItangazamakuruNtezilyayoRIBRuhungaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KNC Ati: ‘ Dukwiye Kuvugurura Ruhago Yacu’
Next Article Amerika Yemeza Ko FDLR Ari Ikibazo Ku Mutekano W’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?