Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntidushobora Kwihanganira Abayobya Abandi Muri Iki Gihugu-Dr.Ntezilyayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntidushobora Kwihanganira Abayobya Abandi Muri Iki Gihugu-Dr.Ntezilyayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2024 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Urukiko rw’ikirenga Dr. Faustin Ntezilyayo avuga ko u Rwanda aho rugeze kandi rukaba rukiyubaka mu nzego zirimo n’ubutabera, ubutabera bwarwo butazihanganira abayobya abandi.

Yabivuze ubwo yatangizaga inama inzego z’ubutabera zagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu taliki 21, Gashyantare, 2024.

Ntezilyayo yakomozaga ku kibazo cy’uko hari abanyamakuru bakora inkuru z’ubuvugizi bashobora gutandukira amahame y’umwuga wabo babitewe rimwe na rimwe no gushaka indonke.

Avuga ko n’ubwo amategeko y’u Rwanda yemerera abanyamakuru kugera no gutangaza amakuru areba inyungu rusange, ku rundi ruhande ayo mategeko abashyiriraho imbibi.

Izo mbibi zibuza abanyamakuru gutangaza inkuru zidashingiye ku bihamya mpamo kandi zikababuza gutangaza ibintu biyobya.

Ati: “ Ntidushobora kwihanganira abantu bayobya abandi muri iki gihugu kikiyubaka. Ni ngombwa ko abantu bamenya icyo amategeko ateganya”.

Ku rundi ruhande, Perezida w’Urukiko rw’ikirenga ashima uruhare itangazamakuru rigira mu gutangaza ibitagenda neza hagamijwe ko hari ibyakemurwa.

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha, RIB, (Rtd) Colonel Jeannot Ruhunga avuga ko urwego ayobora rutihutira gufunga umunyamakuru ahubwo iyo rwabonye ko ibyo ari gukora bigize icyaha, rubanza kumuganiriza bakamubuza kubijyamo.

(Rtd) Colonel Jeannot Ruhunga

Ati: “ Mu mikoranire myiza n’itangazamakuru hari ubwo tumenya ko ibyo bari gukoraho inkuru bigize icyaha, hari ubwo tumwegera tukamuburira ko bigize icyaha.”

Umuyobozi wa RIB avuga ko hari abanyamakuru barenga kuri uwo muburo bagahitamo gukora ibyo amategeko abuza kandi ngo ibyo birahanirwa.

Muri rusange, Col Ruhunga ashima imikoranire hagati ya RIB n’itangazamakuru kuko hari ubwo riba uburyo bwiza bwo gufasha abagenzacyaha gutangira akazi kabwo harimo no gukumira cyangwa kugenza ibyaha runaka.

Ibyo yise ‘gutunga ahantu itoroshi.’

Cléophas Barore uyobora Urwego rw’igihugu rw’abanyamakuru bigenzura akayoborana na RBA avuga ko abanyamakuru bakeneye kongera cyangwa kongererwa ubumenyi mu by’amategeko kuko hari ubwo bashobora kurengera bagakora ibigize icyaha mu mategeko bitewe na ‘sinamenye’.

Ashima ko inzego z’ubutabera z’u Rwanda zegera urwego rw’itangazamakuru zikaruhugura, rukazibwira icyo rubona ko byakosorwa kugira ngo imikoranire inoze igerweho.

Mu Rwanda habarurwa ibinyamakuru byemewe na RMC birenga 200.

Abavugizi b’inzego z’ubutabera: Harrison Mutabazi, Dr. Thierry B. Murangira wa RIB, SP Kabanguka uvugira RCS, ACP Boniface Rutikanga wa RNP na Faustin Nkusi w’ubushinjacyaha
Ifoto rusange

 

TAGGED:featuredItangazamakuruNtezilyayoRIBRuhungaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KNC Ati: ‘ Dukwiye Kuvugurura Ruhago Yacu’
Next Article Amerika Yemeza Ko FDLR Ari Ikibazo Ku Mutekano W’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?