Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: N’ubwo Guhangana Na COVID-19 Byashyizwemo Ingufu, Inzira Iracyari Ndende-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

N’ubwo Guhangana Na COVID-19 Byashyizwemo Ingufu, Inzira Iracyari Ndende-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu  ijambo Perezida Paul Kagame yaraye agejeje ku bayobozi  baganiraga uko hashyirwaho amasezerano arambye yo guhangana n’icyorezo COVID-19 , yababwiye ko n’ubwo isi yakoranye ibakwe( ingufu) ngo ihangane na COVID-19, ariko hakiri byinshi byo gukora.

Hari mu kiganiro cyahuje abayobozi bo muri Afurika n’abandi bo hirya no hino ku isi mu rwego rwo kuganira k’uguhangana na COVID-19 binyuze mu gushyiraho ingamba zirimo no gukora inkingo zihagije abatuye Isi.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi ko n’ubwo hari amasezerano yo kureba uko habaho ubufatanye mu guhangana na COVID-19, ariko inzira ikiri ndende.

Aya masezerano yiswe The Pandemic Preparedness Treaty, akaba ategerejwe kuzatangazwa  mu mpera za Gicurasi, 2021.

Iriya nama yari iyobowe n’abandi bayobozi  barimo Madamu Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia na Madamu Helen Elizabeth Clark wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Nouvelle Zélande.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukora uko rushoboye kugira ngo muri Afurika hubakwe uruganda rukora inkingo cyane cyane urwa COVID-19.

Avuga ko igihe cyose Afurika izaba itaragira ruriya ruganda, izahora isaba inkingo ibindi bihugu kandi ngo ibi ntibikwiye.

Ikindi Umukuru w’Igihugu yavuze ni uko uburyo bwiza kurusha ubundi bwo guhangana n’ibyorezo ari ukubyirinda.

Yemeza ko kugira ngo bigerweho bisaba ko abantu bamenya kwirinda gusagarira ibidukikije, ahubwo bakabikoresha mu buryo butuma biramba.

Yarangije ijambo rye avuga ko ibihugu bigomba gushyira imbaraga mu rwego rw’ubuzima ariko bigakora bidahenze ibihugu.

Yijeje abari bamuteze amatwi ko u Rwanda rutegereje ibizatangazwa muri raporo iri gutegurwa na Ellen Johnston Sirleaf na Helen Clark n’abandi bahanga bagize itsinda ryitwa Independent Panel on Pandemic Preparedness and Response for the Future.

Ellen Johnston Sirleaf
Abandi bitabiriye irina nama.

TAGGED:COVID-19featuredIkigoInkingoKagameLiberia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwarimu Muri Kaminuza ati: ‘Ibiganiro Byacu Byavaga Kubyo Bechir Ben Yahmed Yanditse’
Next Article Ikamyo Ihetse Meterokibe 33 Za Lisansi Yari Igiye Gushya Habura Gato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?