Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyabihu: Ba Mudugudu Bavuga Ko Ubuyobozi Bw’Akarere Bwababeshye Telefoni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyabihu: Ba Mudugudu Bavuga Ko Ubuyobozi Bw’Akarere Bwababeshye Telefoni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2023 9:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Aba bayobozi bavuga ko batashimishijwe n’uburyo uwahoze ari Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba  François Habitegeko yabijeje ko iyi Ntara izahaba telefone za “Smart Phones” binyuze mu buyobozi bw’Akarere none amaso akaba yaraheze mu kirere.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu avuga ko iryo sezerano ryatanzwe koko, ariko ngo icyo gihe ubushobozi bwari buke…

Ba Mudugudu bemeza ko babisezeranyijwe muri Nyakanga 2023 ubwo Habitegeko François, yabemereye ko bazahabwa telefone, aranazibereka ndetse akabwira ubuyobozi bw’Akarere ko buzazibagegezaho.

Bavuze ko telefone bemerewe mu rwego rwo kuzabafasha mu kazi ka buri munsi bakora kandi bikaba na ‘nkunganire’ ku bafite ubushobozi butabemerera kuzigurira.

Ntibigeze bazihabwa none ubu amezi abaye atanu.

Umwe muri bo yabwiye bagenzi bacu ba UMUSEKE ati: “Twari mu nama ku Karere Guverineri atwereka telefone za simati abwira abayobozi kuzazitugezaho  none amezi abaye atanu dutegereje twarahebye. Birababaje rwose kuko bazitwemereye bazi akamaro zari kutugirira mu miyoborere myiza, mutubarize aho zaheze.”

Undi avuga iyo baza kuzihabwa nk’uko bari bazisezeranyijwe, byari buborohereze akazi binyuze mu gutanga raporo biboroheye.

Yibaza impamvu muri Nyabihu imvugo itaba ari yo Ngiro kandi bisanzwe bizwi ko ari yo mikorere ya Perezida Paul Kagame.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette yemera ko izo telefone bazemerewe, gusa ntibahita bazihabwa kubera amikoro yari ahari.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette

Abizeza ko n’ubwo bashonje ariko bahishiwe kubera ko ibyo kuzibaha byemejwe mu ngengo y’imari y’umwaka utaha(2024/2025).

Ati: “ Nibyo telefone barazemerewe na Guverineri ubwo yadusuraga ariko natwe byari muri gahunda, ariko nabo twarabibabwiye bijyanye n’aho ingengo y’imari yari igeze ntihaboneka ubushobozi.”

Mukandayisenga avuga ko hakozwe urutonde rw’abo zizahabwa, rukorwa hashingiwe ku ngengo y’imari ivuguruye.

Ku rundi ruhande, avuga ko izo ba Mudugudu beretswe zitari izabo ahubwo zari iz’abafashamyumvire.

TAGGED:MuduguduNyabihutelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kazungu Denis Ari Hafi Kuburana Mu Mizi
Next Article Biruta Yasabye Abanyarwanda Bo Mu Buhinde Kudatatira Ikiranga Umunyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?