Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Akarere Ko Kubohora u Rwanda No Kuruhaza Mu Biribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Akarere Ko Kubohora u Rwanda No Kuruhaza Mu Biribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2024 9:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uhereye ku mupaka wa Kagitumba uri mu Murenge wa Matimba aho urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiriye, ukagera ku buhinzi bw’ibigori bwaguye kandi bwuhira buri i Gabiro, ugakomereza ku nganda zitunganya ifu mu bigori, umuceri n’amata, wakwanzura ko Nyagatare ari Akarere gafatiwe runini u Rwanda.

Gasana Steven uyobora aka Karere avuga ko gakorerwamo ubuhinzi ku butaka bwahujwe hagamijwe kongera umusaruro mu buhinzi no mu bworozi.

Avuga ko imvura imaze iminsi ihagwa yakujije imyaka ku buryo utugari dutanu mu tugari 108 tugize imirenge 14 y’aka Karere ari iyo itazeza ‘neza’.

Icyakora ngo nayo ntizasonza kuko izafashwa n’iyo bituranye.

Kubera ubworozi bukorerwa muri aka Karere ku rwego rwo hejuru, abashoramari bagakoreramo bahubatse uruganda rukora amata y’ifu.

Rwubatswe mu Murenge wa Nyagatare, rukaba ruherutse gutahwa na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente.

Ubworozi bw’inka nibwo bwiganje mu bukorerwa muri Nyagatare.

Muri aka Karere kandi haba isambu ngari cyane yitwa Gabiro Agri-Business Hub ihinzwemo imyaka y’ubwoko butandukanye kandi ku buso bukomatanyijwe.

Aloysius Ngarambe uyobora iki kigo avuga ko ibihingwa bihahinze bihinze ku buso bwa hegitari 5,600.

Aloysius Ngarambe

Ubwo butaka butangwa n’umuturage kandi kugeza ubu hari abashoramari barindwi bafite ubuso bureshya na hegitari zirenga 3000 biyemeje kuzabubyaza umusaruro.

Hari umuyoboro w’amazi ugaburira imirima, Leta igakora ku buryo iha umushoramari amazi ngo nawe aziyuhirire.

Hari izindi hegitari 10,000 bizatunganywa mu gihe kiri imbere, zihabwe abashoramari bazibyaze umusaruro.

Gabiro Agri Business hub ikoresha abakozi 2,000 ariko mu minsi iri imbere imirimo izahakorerwa izaha abantu 6,000 akazi.

Ibigori, ibishyimbo, avoka, macadamia, urusenda, ingano n’ibirayi ni bimwe mu bihingwa bihinzwe cyangwa bizahingwa muri aka gace.

Igice cya mbere cy’uyu mushinga cyashowemo miliyoni $ 118.

Abashoramari bawushoyemo biyemeje ko nibeza bazatunganya uwo musaruro ukongererwa agaciro ukoherezwa hanze.

TAGGED:AbashoramarifeaturedGabiroGasanaNyagatareUbuhinziUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC:Ingabo Za SADC Zongererewe Manda 
Next Article Rwamagana : Croix-Rouge Y’u Rwanda Yatashye Ikigo Cy’Urubyiruko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?