Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2025 1:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inka zigomba gukingirwa indwara z'ibyorezo kuko zizihitana bikagira ingaruka ku bukungu no ku buzima bw'abantu muri rusange. Ifoto@Flickr MINAGRI.
SHARE

Inzego zita ku matungo yo muri Nyagatare zahagurukiye gukingira indwara bita ‘ubutaka’ yica inka iyibabaje cyane.

Aborozi bavuga ko nubwo nta nka iricwa nayo muri uyu mwaka(2025), ubutaka ngo ni indwara yica nabi bityo ko ari ngombwa gukingira inka hakiri kare.

Inka ziri gukingirwa ni izo mu Mirenge ya Nyagatare yororerwamo inka nyinshi ya Rwempasha, Tabagwe, Karangazi na Rwimiyaga.

Rwempasha, Tabagwe, Rwimiyaga ni imwe mu mirenge ya Nyagatare yorora inka nyinshi.

Umworozi witwa Mukwende Joseph utuye mu Kagari ka Rukorota muri Rwempasha avuga ko mbere hataraboneka inkingo nyinshi, inka zicwaga cyane n’iriya ndwara.

Inka irwaye ubutaka ibyimba icebe n’igituza kandi ikazana amaraso ‘mu nda y’amaganga’ no mu mazuru.

Mutabazi Richard nawe wororera muri Rwempasha yabwiye RBA ko kuba bari gukingiza inka zabo ari ingirakamaro kuko iyo iriya ndwara ije igasanga zidakingiye izigirizaho nkana.

Ati: “Iyo inka zivuwe zituma n’abantu baba bazima kuko ziri mu bibatunze. Kuba badukingirira ku buntu ni byiza ariko banatubwiye ngo twishyure twakwishyura kuko ari iby’agaciro.”

Dr. Kabangira Kayigana Justus akaba umwe mu baganga b’amatungo muri Nyagatare avuga ko iriya ndwara yica inka mu gihe cy’amasaha ari hagati ya 12 na 48.

Avuga ko inka yafashwe nayo itangira ibyumba umubiri kuva mu icebe ugana mu kaboko n’ibindi bice biri hafi aho.

Yemeza ko gukingira ari bwo buryo bwiza mu gukumira ako kaga.

Hari ubwo inka yarwaye iyo ndwara ivurwa igakira ariko, nk’uko Dr. Kabangira Kayigana Justus abyemeza, ayo mahirwe ntabaho kenshi.

Kamonyi ho hari icyorezo cy’ubuganga…

Mu gihe muri Nyagatare bari gukingira inka, muri Kamonyi ho haravugwa icyorezo cy’ubuganga kiri mu ndwara zica inka vuba. Naho hari gukorwa ikingira ngo izitafatwa zirindwe iyo ndwara kandi gukingira birarangirana n’uyu wa Mbere Tariki 29, Ukuboza, 2025.

Hari inka 2,000 zikeneye gukingirwa kugira ngo zose zibe zitekanye.

Imwe mu mirenge ivugwamo iyi ndwara ni uwa Runda n’uwa Gacurabwenge.

Runda na Gacurabwenge ni imwe mu mirenge ya Kamonyi ivugwamo iyo ndwara.
TAGGED:AbaturagefeaturedIndwaraInkaKamonyiKubakingiraNyagatareUbugangaUbutaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 
Next Article Bunyoni Ararembye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?