Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Umunyamuryango WA GAERG Bamusanze Mu Mugozi Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyagatare: Umunyamuryango WA GAERG Bamusanze Mu Mugozi Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2024 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Akingeneye Janvière
SHARE

Akingeneye Janvière w’imyaka 29 y’amavuko wabaga mu Muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside barangije Kaminuza witwa GAERG abantu bamusanze mu mugozi yapfuye. Bamwe bavuga ko yiyahuye abantu bakavuga ko yishwe.

Amakuru atangaza ko nyakwigendera akomoka mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza akaba yibanaga mu nzu yabagamo mu Mudugudu wa Nyagatare II, Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, mu Karere ka Nyagatare.

Nyina witwa Winfrida Mukarubega yabwiye Kigali Today ko umwana we nta muntu yari afitanye nawe ibibazo cyangwa ngo abiterwe n’indi mibereho iyo ari yo yose ku buryo byatuma yiyahura.

Nyuma yo kumva amakuru y’urwo rupfu, Nyina n’abaturanyi bihutiye kujya umukobwa wabo yari acumbitse ngo barebe uko byifashe basanga RIB yajyanye umurambo we, bawukurikiranira ku bitaro bya Nyagatare ariko naho ntibemererwa kuwureba.

Bivugwa ko Akingeneye Janvière yari umunyamuryango wa GAERG, ugizwe n’abahoze ari abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, muri ‘Famille’ yitwa Inkesha.

Umubyeyi we muri iyo Famille witwa Janvier Murenzi nawe yabwiye bagenzi bacu ko iyo nkuru yabaciye umugongo, babanza kutemera ibyayo.

Bemeza ko kuko yari umukobwa uhorana ibyishimo ku buryo ‘bigoye’ kumubona ababaye.

Abo muri Famille Inkesha bavuga ko umukobwa wabo yari umuntu usabana ku buryo iyo aza kugira ikibazo kimukomereye hari abari kuba babizi.

Yari asanzwe kandi afasha bagenzi be bafite ibibazo byo mu mutwe guhangana nabo.

Nta rundi ruhande ruragira icyo rutangaza ku rupfu rwa Akingeneye kandi amakuru avuga ko yaraye ashyinguwe kuri uyu wa Gatanu taliki 22, Ugushyingo, 2024.

Akingeneye Janvière yize kuri IPRC Tumba, ubu yitwa RP Tumba College of Technology.

Yari ashinzwe iby’ikoranabuhanga( Information Technology, IT) mu muryango utari uwa Leta witwa ‘ICAP at Columbia University’ ukorana na Minisiteri y’Ubuzima mu Karere ka Nyagatare.

Iby’urupfu rwe bivuzwe nyuma y’urundi rupfu rw’umubyeyi wari wararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wo mu Karere ka Ngoma ahitwa Rukumberi wishwe acibwa umutwe.

Umugabo ukurikiranyweho kumwica yavuze ko yamuciye umutwe kuko yangaga ko ishusho ye( uwo uvugwaho kwica) yazaguma mu mboni y’uwo  yishe bikazaba igihamwa mu rukiko.

Yavuze ko ari ko abantu bari baramubwiye.

TAGGED:AbatutsifeaturedGAERGJenosideMurundiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibazo Cy’Imiti Itakivura Gifite Uburemere Ku Buzima
Next Article Abanzi Ba Tshisekedi Muri Politiki Bihuje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?