Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Yafatanywe ibilo 170 bya gasegereti ya magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: Yafatanywe ibilo 170 bya gasegereti ya magendu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 December 2020 12:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Germain yaraye afatiwe mu murenge wa Musheri mu Karere ka Nyagatare atwaye kuri moto ibilo 170 by’amabuye ya gasegereri Polisi ivuga ko yari ayavanye muri Uganda mu buryo bwa magendu.

Yafashwe saa kumi n’imwe z’umugoroba(5h00 pm). Asanzwe atuye mu mudugudu wa Munini, Akagari ka Kabarondo, Umurenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba Chief Inspector of Police(CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko kugira ngo Polisi ifate uriya mugabo byaturutse ku makuru yahawe n’umuturage wari uzi ko ajya akora uriya murimo utemewe n’amategeko y’u Rwanda.

CIP Hamdun ati: “Uyu mugabo yaturutse iwe i Kabarondo, aza kwakira ayo mabuye  ku cyambu giherereye mu Mudugudu wa Gikunyu, Akagari ka Nyagatabire mu Murenge wa Musheri, hanyuma igihe yari amaze kuyakira arimo kuyapakira kuri moto ye, abonwa n’umuturage wahise yihutira kubimenyesha inzego z’umutekano, nabo bahita babitumenyesha tujya kumufata.”

Avuga ko abapolisi barebye mu mufuka basangamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti,

Germain yabajijwe aho akura ariya  mabuye n’uburyo amugeraho avuga ko ayishyura akoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga kuri telefoni nyuma akayoherereza  umuntu uri muri Uganda .

CIP Twizeyimana avuga ko atari ubwa mbere uriya mugabo afatiwe gucuruza ariya mabuye mu buryo bwa magendu.

Iriya ngo ni inshuro ya gatatu kandi ngo nawe abyemerera Polisi.

Polisi ivuga ko Germain yayibwiye ko ariya mabuye ayajyana i Kigali akayagurisha umuntu ufite icyangombwa cyo kuyacuruza.

Itegeko rigena ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri nimero 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018, mu ngingo ya 54, rivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000RRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

Akagari ka Nyagatabire mu Murenge wa Musheri niho yafatiwe 
TAGGED:featuredGasegeretiMagenduMusheriNyagatarePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 2020:Umwaka uhitanye benshi mu bigeze kuyobora ibihugu by’Afurika
Next Article Gasabo: Hatashywe ubukarabiro bugezweho bugenewe ikigo nderabuzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?