Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Bishimira Ko Igwingira Ryagabanutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Nyamagabe: Bishimira Ko Igwingira Ryagabanutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2024 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza Agnes Uwamariya avuga gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri yagize uruhare rwiza mu kugabanya igwingira.

Uwamariya avuga ko ubukangurambaga bwo kwigisha ababyeyi akamaro ko guha abana igi byakorewe henshi, bugirira benshi akamaro.

Akarere ka Nyamagabe ni kamwe mu turere twagaragayemo kenshi igwingira.

Imibare itangwa n’ibigo bikora ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage ivuga ko imirire mibi ari yo ntandaro yo kugwingira mu bana.

Mu ngengo y’imari y’umwaka w’ingengo ushize, igwingira mu bana bo muri Nyamagabe bari bafite igwingira riri ku kigero cya 26.4%.

Agnes Uwamariya avuga ko ubu ryagabanutse kuko riri kuri 19%.

Intego ngo ni uko bizagera kuri 15%.

Icyakora ibiribwa bitegurirwa abana ku ishuri bikeneye kunozwa mu buziranenge biteguranwa.

Umuyobozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge witwa Bella Naivasha Hakizimana avuga ko ikigo akorera gishaka ko abatekera abana babikorana isuku n’ubumenyi nyabwo.

Bella Naivasha

Gutekera abanyeshuri bikwiye gukoranwa ubwitonzi.

Hakizimana avuga ko ubukangurambaga nk’ubwo ari ngombwa kugira ngo birinde abana kurwara indwara zaterwa n’amafunguro mabi.

Ati: “Burya ibintu byose bigira ubuziranenge bubiranga. Ni ibiribwa nabyo ni uko. Turi gusaba abakora mu bigo by’amashuri cyane cyane abateka uko bakwiye kwibanda ku isuku y’ibiribwa bihabwa abana”.

Ni umukoro ukwiye gutangirira k’ugusarura ibihingwa, kuwuhunika no gutunganya ibiribwa kugeza bigabiriwe abana.

Umuturage witwa Claver Hakizimana avuga ko bashyize imbaraga mu kugaburirira abana ku ishuri.

Muri uko guha abana ibiribwa, yungamo ko bakora ku buryo barya dodo mu gihe kidahindagurika.

Gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri ikorwa binyuze mu bufatanye bw’ababyeyi.

Buri wese atanga Frw 975.

Abana barishimye

Muri Nyamagabe uyabuze ajya guhingira ikigo imboga cyangwa indi myaka izagaburirwa abana.

TAGGED:IfunguroIshuriNyamagabe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Buri Karere Hagiye Kubakwa Ikigo Cy’Urubyiruko
Next Article Mu Rwanda Hagiye Kubera Inama Yiga Ku Mikoreshereze Y’Impu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yishimira Ko Inzego Z’Umutekano Z’u Rwanda Zihagaze Bwuma

Bunyoni Ararembye

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu Rwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?