Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: Bishimira Ko Igwingira Ryagabanutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Nyamagabe: Bishimira Ko Igwingira Ryagabanutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2024 1:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza Agnes Uwamariya avuga gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri yagize uruhare rwiza mu kugabanya igwingira.

Uwamariya avuga ko ubukangurambaga bwo kwigisha ababyeyi akamaro ko guha abana igi byakorewe henshi, bugirira benshi akamaro.

Akarere ka Nyamagabe ni kamwe mu turere twagaragayemo kenshi igwingira.

Imibare itangwa n’ibigo bikora ubushakashatsi ku mibereho y’abaturage ivuga ko imirire mibi ari yo ntandaro yo kugwingira mu bana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu ngengo y’imari y’umwaka w’ingengo ushize, igwingira mu bana bo muri Nyamagabe bari bafite igwingira riri ku kigero cya 26.4%.

Agnes Uwamariya avuga ko ubu ryagabanutse kuko riri kuri 19%.

Intego ngo ni uko bizagera kuri 15%.

Icyakora ibiribwa bitegurirwa abana ku ishuri bikeneye kunozwa mu buziranenge biteguranwa.

Umuyobozi mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge witwa Bella Naivasha Hakizimana avuga ko ikigo akorera gishaka ko abatekera abana babikorana isuku n’ubumenyi nyabwo.

- Advertisement -
Bella Naivasha

Gutekera abanyeshuri bikwiye gukoranwa ubwitonzi.

Hakizimana avuga ko ubukangurambaga nk’ubwo ari ngombwa kugira ngo birinde abana kurwara indwara zaterwa n’amafunguro mabi.

Ati: “Burya ibintu byose bigira ubuziranenge bubiranga. Ni ibiribwa nabyo ni uko. Turi gusaba abakora mu bigo by’amashuri cyane cyane abateka uko bakwiye kwibanda ku isuku y’ibiribwa bihabwa abana”.

Ni umukoro ukwiye gutangirira k’ugusarura ibihingwa, kuwuhunika no gutunganya ibiribwa kugeza bigabiriwe abana.

Umuturage witwa Claver Hakizimana avuga ko bashyize imbaraga mu kugaburirira abana ku ishuri.

Muri uko guha abana ibiribwa, yungamo ko bakora ku buryo barya dodo mu gihe kidahindagurika.

Gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri ikorwa binyuze mu bufatanye bw’ababyeyi.

Buri wese atanga Frw 975.

Abana barishimye

Muri Nyamagabe uyabuze ajya guhingira ikigo imboga cyangwa indi myaka izagaburirwa abana.

TAGGED:IfunguroIshuriNyamagabe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Buri Karere Hagiye Kubakwa Ikigo Cy’Urubyiruko
Next Article Mu Rwanda Hagiye Kubera Inama Yiga Ku Mikoreshereze Y’Impu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?