Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Barashinja Ubuyobozi Kubategeka Kurandura Imboga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Barashinja Ubuyobozi Kubategeka Kurandura Imboga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2023 10:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abatuye mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Bushekeri mu Murenge wa Bushekeri bavuga ko abayobozi babo babategetse kurandura imboga  zongeraga ireme ry’ifunguro, bakazisumbuza ibyatsi bita pasiparumu.

Imiryango 171 niyo ituye uriya Mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyarusange, Umurenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke.

Abawutuyemo ni abagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye kiriya gice mu mwaka wa 2021.

Bavuga ko bugarijwe n’ibibazo birimo ibyo baterwa n’ubuyobozi.

Babwiye itangazamakuru ko usibye gutinya kwibasirwa n’ibiza kuko aho batujwe badatekanye, bugarijwe n’imirire mibi ituruka ku byemezo by’abayobozi bavuga ko ‘bidashyize mu gaciro.’

Ubuyobozi bwabategetse guhinga ibyatsi bya pasiparumu bigasimbura imboga zari zibafatiye runini mu mirire y’abakuru n’abana.

Ngayabaseka Paul ati: “Batubwiye ko tugomba gutera pasiparumu imboga tukazirandura. Ariko icyo twifuza ni uko batureka tugatera imboga zikadutungira abana natwe zikadutunga.”

Abayobozi baturutse ku Murenge wa Bushekeri nibo batanze aya mategeko nk’uko umwe mu baturage abyemeza.

Ati: “Bari kuturanduza imboga ngo dutere pasiparumu zonyine hose, tukibaza niba abana batazarwara bwaki.”

Ubuyobozi bw’Akarere bwasobanuye impamvu yabyo

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie ahakana ibyo kubuza abaturage guhinga imboga, akavuga ko Umudugudu wa Bushekeri watujwemo abasenyewe n’ibiza ufite ubutaka bworoshye ariyo mpamvu basabye abaturage gusigasira imikingo bakayiteraho pasiparumu.

Yabwiye UMUSEKE ati: “Nta muyobozi wigeze ababuza guhinga imboga. Icyo twabasabye ni ugushyigikira imikingo, twifuzaga ko buri mukingo w’inzu waterwaho ibyatsi bigaburirwa amatungo, nibyo turi gukora n’abaturage.”

Mukamasabo avuga ko atari ibyatsi bya pasiparumu bizahaterwa gusa kuko bateganya no kuhashyira imifuka, ikaba yashyirwamo ibitaka bigaterwaho inshinge mu rwego rwo gusigasira imikingo ngo itagwira inzu.

Yasabye abaturage guhinga imboga no kwibuka ko Akarere kabo gafite ubutaka bworoshye ko ingamba zo kurwanya isuri zigomba kubahirizwa.

Umudugudu w’Icyitegererezo wa Bushekeri wuzuye mu 2022 utwaye Miliyoni Frw 680.

TAGGED:AbaturageBushekerifeaturedIbizaImbogaMukamasaboNyamashekeUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article General Pervez Musharraf Wategetse Pakistan Yatabarutse
Next Article Video:Tshisekedi Yatakambiye EAC Force Ngo Ireke GUHENGAMIRA Kuri M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?