Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Byemejwe Ko Ba Gitifu Bane Banditse Basezera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Nyamasheke: Byemejwe Ko Ba Gitifu Bane Banditse Basezera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2025 2:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu nkuru iheruka yavugaga ku Karere ka Nyamasheke, Taarifa Rwanda yari yatangaje ko Abanyamabanga Nshingwabikorwa bo mu Mirenge ine muri 15 ikagize, bari beguye ariko Nyobozi itarabyemeza.

Kuri uyu wa Mbere tariki 31, Werurwe, 2025 Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere witwa Muneza Placide yatweruriye ko ‘koko’ abo bayobozi banditse amabaruwa basezera akazi ku mpamvu zabo ‘bwite’.

Ati: “ Nibyo koko amabaruwa yabo twarayabonye turayasuzuma dusanga bavuga ko beguye kubera impamvu zabo bwite”.

Avuga ko nubwo banditse bavuga ko beguye, bagifite iminsi 30 yo kuba bagenzura ibibera mu Mirenge yabo kuko hagomba kubanza gusuzumwa ishingiro ry’ubwo bwegure.

Muneza yemeza ko muri uko gusuzuma hari ubwo basanga ubwo bwegure ntacyo bushingiyeho gifatika bityo bukangwa.

Muneza Placide

Abajijwe niba kuba Imirenge itatu muri ine abo bantu bayoboraga yegeranye bitavuze ko bahuje impamvu zo kwegura wenda zigize n’ibyaha, Placide Muneza yasubije ko atabyemeza.

Abasezeye ni Mudahigwa Félix, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, Nabagize Justine, Umunyabamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruharambuga, Bigirabagabo Moїse, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karengera na Nsengiyumva Zabron, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushekeri.

Kuwa Gatandatu tariki 29, Werurwe, 2025, nibwo banditse basezera mu kazi.

TAGGED:AbanyamabangaAkarereGitifuImirengeKweguraMunezaNshingwabikorwaNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC:Abashinwa Barataka Ko Ingabo Zibahohotera
Next Article Abanyarwandakazi Bafungiwe Mu Burundi Bitwa Intasi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Bo Muri Afurika Y’Epfo Ruri Mu Rwanda Kureba Ibiruranga

Papa Arasaba Ko Umugambi W’Amahoro Wo Guhuza Hamas Na Israel Ugerwaho

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

Uko Umusaruro Mbumbe W’u Rwanda Uhagaze Mu Gihembwe Cya Kabiri Cya 2025

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Tigers BBC Yatwaye Bwa Mbere Igikombe Cya Rwanda Cup

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?