Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Kagame Yijeje Abaturage Inganda Nyinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Nyamasheke: Kagame Yijeje Abaturage Inganda Nyinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 June 2024 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yiyamamarizaga kuzongera kuyobora u Rwanda, Kagame yavuze ko bidakwiye ko ibyo Abanyarwanda beza mu mirima yabo bigurishwa hanze kuri macye, bikazagaruka bihenze.

Yabwiye abaturage ko ibyo ari byo FPR yifuriza abaturage.

Kagame avuga ko nibamutora nk’umukandida wa FPR Inkotanyi, bazaba batoye amajyambere.

Yanababwiye ko bakwiye kujya bumva batekanye badafite umususu wo gukora ngo biteze imbere.

Indi ngingo yagarutse ho ni iy’umutekano wigeze kuba mucye muri aka Karere bitewe n’uko hari abantu bagabaga ibitero ku Rwanda.

Yabashimiye ko bafatanyije n’inzego bakabahashya.

Umukandida wa FPR avuga ko abashaka kuzana intambara ku Rwanda bashatse babireka.

Yunzemo ko u Rwanda rutazemera ko hagira abarutera bakarutwanira mo, ahubwo ko u Rwanda ruzabasanga iwabo aho bafite ubuso bunini.

Kagame yabwiye abaturage ba Nyamasheke ko badakwiye kwitinya, ahubwo ko bakwiye gukora hanyuma ahari intege nke bakifashisha ubuyobozi.

Nabo yababwiye ko ibyiza biri imbere kandi Abanyarwanda bahereye ku mutekano, bakongeraho gukora no gufatanya,  ntacyabananira.

Kagame kuri iki Cyumweru taliki 30, Kamena, aziyamamariza mu Karere ka Karongi, ahitwa Rubengera.

TAGGED:featuredFPRIngandaInkotanyiIterambereKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukandida Wa FPR Ageze i Nyamasheke
Next Article DRC: Tshisekedi Yategetse Ingabo Ze Kwisubiza Aho M23 Yafashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?