Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke, Karongi, Rutsiro… Haragwa Imvura Irimo Inkuba Nyinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeIbiza KamereMu Rwanda

Nyamasheke, Karongi, Rutsiro… Haragwa Imvura Irimo Inkuba Nyinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 12:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inkuba ni ikiza gikomeye cyane kandi ni bake bakirokoka.
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere, Meteo-Rwanda, kirateguza abatuye Nyamasheke, Karongi, Rutsiro, Rubavu, Nyabihu na Musanze ko guhera saa sita kugeza saa kumi n’ibyiri zo kuri uyu wa 03, Kanama bari bugushe imvura irimo inkuba.

Mu turere dusigaye nta mvura ihateganyijwe n’ubwo ibintu bishobora guhinduka kuko n’ubundi ikiba cyakozwe ari ‘iteganyangihe’ atari ‘igenagihe’.

Itangazo Meteo-Rwanda igenera abanyamakuru ku byerekeye uko ikirere cy’u Rwanda kiba kifashe buri munsi rivuga ko ahantu hari bushyuhe kurusha ahandi ari muri Nyagatare kuko ubushyuhe buri bugere kuri 31℃.

Ikindi ni uko muri iyo ntera y’igihe, umuyaga uri buhuhe mu Rwanda uraba ufite umuvuduko uringaniye uri hagati ya metero enye na metero esheshatu ku isogonda.

Iteganyagihe kandi rivuga ko ibipimo by’ibyuma bya gihanga Meteo Rwanda ikoresha ryerekana ko guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroaba wo kuri iki Cyumweru kugeza saa sita z’ijoro nta mvura iteganyijwe mu Turere twose.

Umuyaga uhuha mu ijoro ry’uyu munsi  uraba uri hagati ya metero eshatu na metero eshanu ku isogonda.

Uturere turi bugwemo imvura irimo inkuba kuri iki gicamunsi dusanzwe tuzwiho kugira inkuba nyinshi.

Utwa mbere twibasirwa nazo ni Rutsiro na Karongi kandi Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi yemeza ko imibare yerekanye inshuro nyinshi ko inkuba ari cyo kiza kamere kica Abanyarwanda benshi.

Abaturage bagirwa inama yo kutugama mu nsi y’ibiti, kudakoresha ibyuma bikoresha amashanyarazi nka telefoni, radio, televizeli n’ibindi bikurura inkuba.

TAGGED:featuredIkigoIkirereInkubaIteganyagiheKarongiMeteoNyamashekeRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Samia Suluhu Yatashye Icyanya Cy’Inganda Gifite Agaciro Ka Miliyoni $110
Next Article Ubugambanyi Ukraine Yakorewe N’Abayiyobora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?