Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke, Karongi, Rutsiro… Haragwa Imvura Irimo Inkuba Nyinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeIbiza KamereMu Rwanda

Nyamasheke, Karongi, Rutsiro… Haragwa Imvura Irimo Inkuba Nyinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 12:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inkuba ni ikiza gikomeye cyane kandi ni bake bakirokoka.
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere, Meteo-Rwanda, kirateguza abatuye Nyamasheke, Karongi, Rutsiro, Rubavu, Nyabihu na Musanze ko guhera saa sita kugeza saa kumi n’ibyiri zo kuri uyu wa 03, Kanama bari bugushe imvura irimo inkuba.

Mu turere dusigaye nta mvura ihateganyijwe n’ubwo ibintu bishobora guhinduka kuko n’ubundi ikiba cyakozwe ari ‘iteganyangihe’ atari ‘igenagihe’.

Itangazo Meteo-Rwanda igenera abanyamakuru ku byerekeye uko ikirere cy’u Rwanda kiba kifashe buri munsi rivuga ko ahantu hari bushyuhe kurusha ahandi ari muri Nyagatare kuko ubushyuhe buri bugere kuri 31℃.

Ikindi ni uko muri iyo ntera y’igihe, umuyaga uri buhuhe mu Rwanda uraba ufite umuvuduko uringaniye uri hagati ya metero enye na metero esheshatu ku isogonda.

Iteganyagihe kandi rivuga ko ibipimo by’ibyuma bya gihanga Meteo Rwanda ikoresha ryerekana ko guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroaba wo kuri iki Cyumweru kugeza saa sita z’ijoro nta mvura iteganyijwe mu Turere twose.

Umuyaga uhuha mu ijoro ry’uyu munsi  uraba uri hagati ya metero eshatu na metero eshanu ku isogonda.

Uturere turi bugwemo imvura irimo inkuba kuri iki gicamunsi dusanzwe tuzwiho kugira inkuba nyinshi.

Utwa mbere twibasirwa nazo ni Rutsiro na Karongi kandi Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi yemeza ko imibare yerekanye inshuro nyinshi ko inkuba ari cyo kiza kamere kica Abanyarwanda benshi.

Abaturage bagirwa inama yo kutugama mu nsi y’ibiti, kudakoresha ibyuma bikoresha amashanyarazi nka telefoni, radio, televizeli n’ibindi bikurura inkuba.

TAGGED:featuredIkigoIkirereInkubaIteganyagiheKarongiMeteoNyamashekeRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Samia Suluhu Yatashye Icyanya Cy’Inganda Gifite Agaciro Ka Miliyoni $110
Next Article Ubugambanyi Ukraine Yakorewe N’Abayiyobora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?