Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Hakozwe Amavugurura Mu Bayobozi B’Imirenge
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Hakozwe Amavugurura Mu Bayobozi B’Imirenge

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2024 7:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge y’Akarere ka Nyanza bahinduriwe imirenge bayoboraga binyuze mu mavugurua yakozwe n’ubuyobozi bw’aka Karere. Abaye nyuma y’igihe hari umwuka mubi muri ba gitifu b’Imirenge y’aka Karere batari babanye neza na bagenzi babo bayobora Utugari.

Bamwe muri ba gitifu b’utugari bashinja bamwe mu bayobora Imirenge kubayoboza igitugu, bikanakekwa ko byanatumye bamwe mu b’utugari basezera akazi.

Itangazamakuru rikorera muri aka Karere rivuga ko ryamenye ko Cyambari Jean Pierre wayoboraga Umurenge wa Ntyazo yajyanywe kuyobora Umurenge wa Kigoma, Brigitte Mukantaganzwa wayoboraga Umurenge wa Kigoma ajyanwa kuyobora Umurenge wa Muyira naho Muhoza Alphonse wayoboraga Umurenge wa Muyira ajyanwa kuyobora Umurenge wa Ntyazo.

Bibaye nyuma y’igihe gito bivuzwe ko umwe mu bakozi bo mu Kagari k’umwe muri iyi mirenge yabwiwe nabi bari mu nama agwa igihumure, arateshaguzwa bigera naho ajyanwa mu bitaro i Nyanza ariko aza koroherwa.

Amakuru kandi avuga ko hari gitifu w’Akagari utari ubanye neza na gitifu w’Umurenge wanabimenyesheje ubuyobozi bw’Akarere none hafashwe icyemezo cyo kubatandukanya ubu bakaba batagikorana.

Ibi byakozwe kandi nyuma y’uko hari amakuru y’ umuyobozi wasezeye akazi nyuma yo kubwirwa amagambo nyandagazi.

Icyakora ubwo yasezeraga ibyo ntiyabishyize mu ibaruwa yandikiye ubuyobozi.

Yabwiye ubuyobozi bw’Akarere ko asezeye ku mpamvu ze bwite ari nazo yashyize mu ibaruwa asezera akazi mu gihe kitazwi.

Akenshi iyo ibintu nk’ibi byavugwaga muri aka Karere kayobowe na Ntazinda Erasme hafatwaga imyanzuro itandukanye hagamijwe gucubya icyo cyuka kibi mu buyobozi bw’ibanze.

Hari andi makuru avuga ko hari gitifu w’Akagari  utari ubanye neza na gitifu w’Umurenge wamuyoboraga, Meya Ntazinda aza gufata icyemezo cyo kumwimurira kuyobora akandi kagari mu wundi murenge  ntiyamwemerera gusezera akazi.

UMUSEKE wanditse ko muri manda ya Meya Ntazinda Erasme hari ba gitifu batatu bamaze kuva mu kazi.

Abo ni Alfred Nsengiyumva    wayoboraga Umurenge wa Ntyazo, Nsengumuremyi Théoneste wayoboraga Umurenge wa Cyabakamyi na Ingabire Claire wayoboraga Umurenge wa Rwabicuma.

Ifoto: Erasme Ntazinda@Intego.news

TAGGED:AkarerefeaturedGitifuMeyaNtazindaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kubazwa Inshingano Ku Bapolisi Ni Ngombwa- DIGP Ujeneza
Next Article Abaturage Ba DRC Batwitse Ibendera Ry’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?