Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza Ya Butare Igiye Kubakwamo Umurwa Mukuru Wa Cyami
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza Ya Butare Igiye Kubakwamo Umurwa Mukuru Wa Cyami

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2021 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bukuru bw’Ingoro ndangamateka z’u Rwanda butangaza ko ahari Umudugudu witwa Urukari mu Karere ka  Nyanza hagiye kwagurwa hubakwe ingoro nyinshi za bamwe mu bami b’u Rwanda kugira ngo amateka yabo asigasirwe. Bizinjiriza u Rwanda amafaranga ariko bifashe n’abiga Amateka yarwo.

Umuyobozi mukuru w’Ingoro ndangamateka z’u Rwanda, Ambasaderi Robert Masozera yabwiye Taarifa ko mbere y’uko batangira uriya mushinga, babanje kureba uko  Nyanza ya mbere y’umwaduko w’Abazungu yari yubatswe.

Avuga ko hari igishushanyo mbonera babonye mu ishyinguranyandiko z’Amateka y’u Rwanda basanga kerekana ko Nyanza yari  ifite ahantu hagenewe kubakwa ingoro zigera kuri 16 z’abami bakomeye bategetse u Rwanda.

Masozera yavuze ko icyo gishushanyo  mbonera cyaberetse ko Nyanza hari ahantu Abanyarwanda bari barateguriye kuba Umurwa mukuru.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Twasanze ari byiza duhitamo gusubukura uriya mushinga w’abakurambere bacu kuko ufite akamaro ku mateka y’Abanyarwanda.”

Avuga ko ubu umushinga wemejwe kandi watangiye gushyirwa mu bikorwa kuko abahoze bahatuye bimuwe.

Igikorwa cyo kubimura cyatwaye hagati ya Frw 150 000 000 na Frw 200 000 000.

Ubuso buzubakwaho uriya murwa w’Abami bwikubye gatatu ubuso busanzwe bwubatsweho Urukari.

Umushinga wo kubaka uriya murwa ni uwa Leta y’u Rwanda ariko kubaka nibarangira Masozera yatubwiye ko Leta izashaka abandi bakorana mu byiciro bitandukanye byo kubyaza umusaruro biriya bikorwa remezo.

- Advertisement -

Bamwe mu bami bazubakirwa ingoro barimo Rwabugiri, Ruganzu, Gihanga, Musinga, Rudahigwa n’abandi.

Inyubako zaranze amateka zigira akahe kamaro?

Bisanzwe bizwi ko hari uburyo butatu bw’ingenzi bufasha abantu kumenya amateka:

Inyandiko, imigani n’ibitekerezo n’ibisigaramatongo.

Kubera ko amateka ari ibintu byabaye mu bihe byahise, kuyiga bisaba kugira ibintu bifatika bishingirwaho mu kwemeza ko runaka yabayeho mu gihe runaka, akora igikorwa runaka, agikorera ibunaka, kubera impamvu runaka kandi byagize ingaruka runaka.

Ku  ruhande rw’u Rwanda, amateka yarwo yari ashingiye ku guhererekanya amakuru y’ibyabaye, abakuru bakabibwira abato, abiru bakabizirikana bakazabiha abandi biru, gutyo gutyo…

Uku guhererekanya amateka niko kwaje gutuma Padiri Alexis Kagame abona ayo yandika ayahawe n’Abiru nabo babitegetswe na Mutara III Rudahigwa.

Ibyaranze Amateka y’u Rwanda, Padiri Kagame yabyanditse mu bitabo byinshi ariko icyamenyekanye kurushaho (kirimo ibice bibiri) ni icyo yise Inganji Kalinga.

Gikubiyemo ingingo z’ingenzi z’ibyaranze ingoma y’Abanyiginya.

Abajora amateka bamunenze ko yanditse Amateka y’Ingoma Nyinginya mu buryo bwerekana ko yishimiraga ibyakozwe, akirinda kwandika ibintu byose byayaranze birimo n’intege nke za bamwe mu bami b’u Rwanda.

Kuba Ikigo cy’ingoro ndangamateka z’u Rwanda kigiye kubaka izindi ngoro zizagenerwa abami runaka bizagira akamaro mu gukomeza kwibutsa urubyiruko amateka ya bamwe mu bami bayoboye u Rwanda.

Ambasaderi Masozera yabwiye Taarifa ko abazasura ziriya ngoro bazasangamo ibyaranze ingoma za bariya bami bityo bakamenya uko umwami runaka yabagaho.

Yavuze ko gusura ingoro y’umwami nka Ruganzu bizatuma mukerarugendo yiyumvamo ko yageze ibwami kwa Ruganzu.

Igisigaye ni ukuzareba niba mu ngoro y’umwami nka Musinga hazashyirwamo Amateka yo ku Rucunshu, icyo gihe hakaba hari muri 1896, nyuma y’imyaka ibiri Kigeli IV Rwabugiri atanze.

 

TAGGED:AbamiAmatekafeaturedIngoroNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri w’Ububanyi N’Amahanga Wa Centrafrique Yaje Gutsura Umubano N’u Rwanda
Next Article ‘Kigali Guma Mu Rugo’ Yagabanyije COVID-19 Ku Kigero Cya 72%-RBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?