Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Yafatanywe Litiro 30 Za Kanyanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Yafatanywe Litiro 30 Za Kanyanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2022 8:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Buruba, Akagari ka Butara, Umurenge wa Kigoma, Akarere ka Nyanza haherutse gufatirwa litiro 30 za kanyanga. Ngo yari igishyushye kandi yafatanywe n’ibikoresho yayengeshaga.

Abaturage nibo bariya akara Polisi ko uriya mugabo afite kanyanga.

Ngo bamukekaga amababa, bahita babibwira Polisi y’u Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police (SP) Théobald Kanamugire yavuze ko uyu Mvuyekure yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati: “ Abatuye mu Mudugudu wa Buruba bahamagaye Polisi bayibwira ko hari umuturage utekera kanyanga iwe mu rugo, Polisi ifatanije n’inzego z’ubuyobozi muri uyu Mudugudu bagiyeyo binjiye mu nzu bahasanga litiro 30 za kanyaga igishyushye ziri mu majerekani abiri.”

Superintendent Theobald Kanamugire

Binjiye iwe basanga indi yamaze kuyigurisha, bagenzuye inzu ye yose bagera aho ayitekera bahasanga ibidomoro, ingunguru, amajerekani.

SP Kanamugire yihanangirije abantu bose bakora inzoga zitemewe bakazigurisha abaturage.

Abasaba  kubireka abibutsa ko ziriya nzoga ziba zitujuje ubuziranenge kandi zigira ingaruka ku buzima bw’abantu.

SP Kanamugire yashimye abaturage batanze amakuru uriya muturage agafatwa.

Guteka Kanyanga biravuna kandi bikagira ingaruka ku bayicuruza n’abayinywa

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Busasamana ngo hakurikizwe amategeko.

Icyo amategeko ateganya…

Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

 

TAGGED:featuredKanamugirekanyangaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kutagira Murandasi Ihagije Bidindiza Afurika- Perezida Kagame
Next Article Rwamagana: Hibutswe Abana n’Abagore Bishwe Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?