Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 May 2025 8:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Hydroquinone iri mu byangiza uruhu iyo itujuje ubuziranenge.
SHARE

Mu Kagari ka Munanira, Umurenge wa Nyakabanda muri Nyarugenge Polisi yahafatiye ubwoko bw’amavuta yangiza uruhu bita mukorogo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire avuga ko amakuru bahawe n’abaturage ari yo yatumye ayo mavuta afatwa ataratangira kugurishwa mu baturage ngo abangize.

Ayo makuru kandi yatumye abari bayafite bayafatanwa baguwe gitumo, bose bahita batabwa muri yombi.

Abo ni Nteziryayo Aphrodice w’imyaka 36, Twizerimana Jean Aimée w’imyaka 38 na Mutuyimana Eric w’imyaka 23 wari umukozi wa bo ushinzwe kuyapanga neza mu bubiko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu gusobanura aho bayakuye, abafashwe bavuze ko bari basanzwe bayavana muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ariko uyabagezaho we aracyashakishwa n’inzego z’umutekano.

Polisi yarabaze isanga ayo mavuta ari mu macupa 689 agize ubwoko 31 bw’aya mavuta yangiza uruhu.

Aba bayacuruzaga uko ari babiri ndetse n’uwari umufatanyacyaha wa bo wangaga gutanga amakuru, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP, Wellars Gahonzire ati: “Ibi ni bimwe mu bikorwa Polisi ikora igendeye ku makuru iba yahawe n’abaturage, ajyanye n’ibyaha bitandukanye by’umwihariko magendu n’ubucuruzi bw’ibitemewe”.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 266 ivuga ko umuntu wese ukora, ugurisha, utanga ibintu bibujijwe bikurikira: umuti; ibintu bihumanya; ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri; ibindi bikomoka ku bimera; aba akoze icyaha.

- Advertisement -

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko atarenze miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AmavutaPolisiUbuziranengeUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…
Next Article Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?