Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Grenade Yabonetse Mu Kibanza Cy’Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Grenade Yabonetse Mu Kibanza Cy’Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2025 6:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu w’Intiganda mu Kagari ka Tetero mu Murenge wa Muhima habonetse grenade ubwo abaturage bacukuraga itaka ryo kubakisha.

Baguye kuri iyo kabutindi ya grenade imeze nk’ubuhiri bita stick ishaje nk’uko Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yabibwiyeTaarifa Rwanda.

Gahonzire avuga ko ayo makuru yabonetse mu saa kumi z’umugoroba abaturage bahita babibwira abashinzwe umutekano.

Ati: “ Ni grenade bigaragara ko yahatawe kera kuko bigaragara ko yanashaje kandi yanafunguwe.”

Ubusanzwe iyo habonetse igisasu iyo ari cyo cyose mu Rwanda, umutwe w’ingabo z’u Rwanda witwa RDF Engineering brigade uraza ukagikuraho.

Polisi ivuga ko mbere y’uko ingabo z’u Rwanda zihagera, Polisi irahazitira kugira ngo hatagira umwana, itungo yangwa ikindi cyahagera bikaba byagiteza ibibazo.

Gahinzire avuga ko nta bisasu bikunze kuboneka mu mujyi wa Kigali ariko akavuga ko hari ahandi mu gihugu biboneka, akemeza ko ahanini biterwa n’uko u Rwanda rwabayemo intambara bityo ibisasu bikaba bikiri ahantu runaka hirya no hino.

Asaba abaturage gukomeza kujya babwira inzego ikintu cyose babonye ntibagishira amakenga bityo bigafasha ko Polisi ikorana n’izindi nzego mu gukumira ko hari abo yagirira nabi.

TAGGED:AbaturageGrenadeigisasuPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article New Zealand Irashaka Kwagura Umubano N’u Rwanda 
Next Article Muhanga: Umukozi Wa RIB Arareganwa Na Gitifu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?