Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Mu Rugo Rw’Umuturage Hagaragaye Imyambaro Bikekwa Ko Ari Iy’Abazije Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Mu Rugo Rw’Umuturage Hagaragaye Imyambaro Bikekwa Ko Ari Iy’Abazije Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2024 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Nyakabanda, Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge haravugwa amakuru y’imyambaro babonye mu cyobo kiri mu rugo rw’umuturage bikekwa ko ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside bakahajugunywa.

Ni inyambaro ishaje, yacitse kubera igihe imaze mu butaka.

Ibyo gutangira gushakisha iyo myenda byakozwe nyuma y’igihe cyari gishize abantu bahwihwisa ko muri urwo rugo hari icyobo cyajugunywemo Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Indi mpamvu ituma abantu bakeka ko muri urwo rugo hari imibiri ni uko nyirarwa nawe afungiye gukora Jenoside kandi hafi y’ahahoze ari iwe hakaba harabaga Bariyeri Abatutsi bicirwagaho.

Amakuru avuga ko uwo mugabo aherutse kugwa muri gereza ya Mageragere ariko asiga abagore babiri.

Abo bagore nibo bagurishije iyo nzu. Uwayiguze rero yaje gushaka kuyisana ngo ikormere nibwo abaturanyi bagaragazaga ko bafite impungenge ngo ashobora kuzubakira iyo nzu hejuru y’imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside.

Ku wa Gatandatu taliki 17, Gashyantare, 2024 nibwo batangiye gucukura aho bakekaga ko iyo mibiri yaba yarajugunywe baza gutangira kubona imyenda bigaragara ko ari iy’abantu bamaze igihe barapfuye.

Uhagarariye IBUKA mu Murenge wa Nyakabanda, Nshimyumuremyi Daniel avuga ko icyo bifuza ari uko bahabwa amakuru y’aho imibiri y’ababo iherereye kugira ngo bayishyingure mu cyubahiro.

Ati: “ Uwahaguze yashatse kuhubaka mu buryo burambye;  abaturage bagaragaza ko agiye kubakira hejuru y’imibiri. Nibwo twatangiye kuyishakisha ahari ibyobo bitatu hagaragara imyenda y’Abatutsi bishwe ariko bashaka gusibanganya ibimenyetso bajya kuyihisha, twiyambaza inzego z’ubuyobozi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakabanda ya I, Gaudence Hategeka yemereye IGIHE ko muri urwo rugo hagaragaye imyambaro bikekwa ko ari iy’abishwe muriJenoside yakorewe Abatutsi.

Avuga ko iperereza ryatangiye.

Hagati aho abashatse guhisha iyo myenda batawe muri yombi ngo bakorweho iperereza.

Imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside muri Nyarugenge ivuzwe mu gihe hari indi irenga 700 iherutse kugaragara i Ngoma mu Karere ka Huye mu masambu y’abaturage.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideNyarugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urugomo Mu Ruhango: Abantu Bataramenyekana Batemye Abanyerondo
Next Article DJ Sonia Ari Guhatanira Igihembo Muri Ghana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?