Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Polisi Yafashe Abibaga Abantu Bakabatera Ibyuma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abibaga Abantu Bakabatera Ibyuma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 March 2025 5:40 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore batatu baherutse gufatwa na Polisi nyuma yo kubona amakuru ko biba abantu bakabatera ibyuma.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yabwiye Taarifa Rwanda ko abo bantu basanganywe ibyuma, ndetse hari uwafatiwe mu rugo afite icyo cyuma.

Abapolisi bafashe abo bakekwaho ubwo bujura basanzwe bakorera mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Gitega, Akagari ka Gacyamo.

Abafashwe ni Sebanani Emmanuel (yafatanywe icyuma), Musabyeyezu Dieudonee bahimba Nyabugogo na Nsanzumuhire Daniel uyu akaba ari we wafatiwe mu gipangu cy’umuturage yagiye kumwiba yafatanywe icyuma.

Polisi ivuga ko abo bantu biba muri ubwo buryo baba ari abagizi ba nabi ‘ruharwa’ kuko umuntu ujya kwiba yitwaje ibyuma aba ari umwicanyi.

CIP Gahonzire asaba abaturage kwirinda kwishora mu bikorwa by’ubujura n’ubugizi bwa nabi kuko uretse kubifatirwamo bagahanwa ntakindi byabagezaho.

Polisi y’u Rwanda ivuga ishikamye ko itazihanganira umuntu wese uhungabanya umutekano n’ituze by’abatuye u Rwanda.

Abaturage basabwa gukomeza gukorana n’inzego z’umutekano batangira amakuru ku gihe ngo abakekwaho kwica amategeko bakurikiranwe.

TAGGED:AbajuraIbyumaNyarugengePolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Prince Kid Wari Warakatiwe Agahunga Yafatiwe Muri Amerika
Next Article Intiti 400 Zisaba Ko Ubwicanyi Bukorerwa Abo Muri DRC Bavuga Ikinyarwanda Buhagarikwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?