Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Yafatanywe Inzoga Z’Inkorano Yari Ajyanye Mu Nkundamahoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Nyarugenge: Yafatanywe Inzoga Z’Inkorano Yari Ajyanye Mu Nkundamahoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yari afite amacupa 300 y'inzoga z'inkorano.
SHARE

Saa tanu z’ijoro kuri iki Cyumweru tariki 15, Kamena, 2025, abapolisi bakorera mu Murenge wa Kimisagara bafatanye umugabo witwa Safari Adrien inzoga Polisi ivuga ko ari inkorano yari ajyanye mu isoko ryitwa Inkundamahoro.

Uwo mugabo w’imyaka 40 y’amavuko yafatanywe amacupa 300 y’inzoga zitujuje ubuziranenge, zitagira ikirango kivuga amazina yacyo, ariko we akavuga ko ari izo bita Kamboucha.

Yari aturutse mu  Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo aje kuzigurisha muri Nyarugenge.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yibutsa abaturage ko gukora inzoga bitemewe kandi ko no kuzicuruza  zitujuje ubuziranenge nabyo bihanirwa.

Avuga ko ufatiwe muri ibyo bikorwa, ahanishwa ibihano biremereye.

Iyo ubifatiwemo bikugusha mu bihombo no gufungwa.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, Polisi yavugaga ko uwafatanywe ziriya nzoga afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimisagara mbere yo kugezwa mu bugenzacyaha.

Inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge zifatwa nk’ibiyobyabwenge ‘byoroheje’.

Ubusanzwe  mu Rwanda, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RSB) ni cyo cyemeza ibinyobwa bikoranye umusemburo wemewe kunyobwa.

Ibinyobwa byose bicuruzwa bidafite icyangombwa cy’ubuziranenge mu Rwanda bifatwa nk’ibiyobyabwenge byoroheje nk’uko biteganywa ni iteka rya Minisiteri y’ubuzima No.001/MoH/2019 of 04/03/2019 riteganya urutonde n’ibyiciro by’ibiyobyabwenge.

Ibinyobwa bifite umusemburo urengeje 45%  kandi bidafite icyangombwa cyerekana ubuziranenge (S-Mark) gitangwa n’ikigo gishinzwe ubuzirange mu Rwanda bifatwa nk’ibiyobyabwenge.

Ingingo ya  263 mu gitabo mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10 ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

TAGGED:GasaboInkundamahoroIsokoKigaliNyarugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Parti Libéral Mu Ngamba Zo Kwihutisha NST 2
Next Article Umukobwa Wahagarariye u Rwanda Mu Banyamibare Agira Inama Bagenzi Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?