Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Yapfiriye Mu Masengesho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yapfiriye Mu Masengesho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2023 1:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Birama, Akagari ka Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge habonetse umurambo w’uwitwa Bizumungu basanze mu ishyamba rya Mont Kigali.

Abatuye hafi aho babwiye itangazamakuru ko bishoboka ko uriya muntu yanyereye akagusha umutwe ku ibuye ubwo yari yagiye kuhasengera, mu byo bita ‘kujya mu butayu.’

Kuri Mont Kigali hari ahantu hahanamye abaturage bakunze kujya gusengera.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police( CIP) Sylvestre Twajamahoro yabwiye Taarifa ko ‘bishoboka cyane’ ko uriya muntu yanyereye ubwo yasengeraga hariya hantu.

Ati: “ Ikigaragara ni uko ashobora kuba yanyereye agakubita umutwe ku ibuye mu mukokwe kuko harahanamye cyane.”

CIP Sylvestre Twajamahoro, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali

Asaba abaturage kwirinda kujya gusengera ahantu hatemewe.

Si ubwa mbere abaturage bajya gusengera ahantu bita ‘mu butayu.’

N’ubwo bahita gutyo, mu Rwanda nta hantu haba ubutayu.

Aho bita mu butayu ni ahantu hiherereye abantu bajya gusengera mu buryo bwihariye kugira ngo baganire n’Imana ntawe ubarogoya.

Bamwe bajya mu buvumo, abandi bakajya mu mpinga z’imisozi.

Abasenga muri ubu buryo babikora bemeranya n’imitima yabo ko Imana ibumva.

Icyakora hari ubwo bahahurira n’ibibazo bishobora no guhitana ubuzima bwabo.

Mu bihe bitandukanye, bamwe bishwe n’imivu yabasanze mu buvumo bagiye kuhasengera, abandi bagwirwa n’inkangu.

Taarifa yahamagaye Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara witwa Jean Sauveur Kalisa kugira ngo tumenye niba uriya muturage ari uwo mu murenge we ariko ntiyashoboye kwitaba telefoni.

Umurambo bawujyanye kwa muganga mu bitaro bya Polisi biri Kacyiru kigira ngo ukorerwe isuzumwa ryimbitse ku cyamuhitanye.

TAGGED:featuredGusengaKimisagaraNyarugengeUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meddy Mu Ndirimbo Nshya Ashima Imana
Next Article Kirehe: Nyuma Y’Imyaka Itanu Isoko Ryuzuye Ntiriremwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?