Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Abantu batemye bikomeye umumotari n’uwo yari ahetse baracika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru: Abantu batemye bikomeye umumotari n’uwo yari ahetse baracika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2020 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umumotari witwa  Gilbert ari kumwe n’umwe mu basore b’abakorera bushake mu kurinda umutekano ku rwego rw’Akarere ka Nyaruguru batezwe n’abagizi ba nabi barabatema bikomeye, bacika batamenyekanye. Abagizi ba nabi babategeye ku gasenteri kitwa ku Gaseke, ahagana saa tatu z’ijoro(9h00pm).

Byabereye mu Mudugudu wa Kibu, Akagari ka Gikunzi, Umurenge wa Rusenge.

Uriya musore yari avuye gukora ikiraka mu murenge wa Ngera atashye.

Amakuru Taarifa yahawe na mugenzi w’uriya musore ukora mu rubyiruko rw’abakorerabushake mu gucunga umutekano, Youth Volunteers in Community Policing,  avuga ko ababikoze batarafatwa.

Ati: “ Abakoze biriya kugeza ubu ntibarafatwa kandi nta n’umwe wamenyekanye muri bo.”

Taarifa yahamagaye Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusenge Madamu Speciose Muhimpundu kugira ngo agire icyo avuga kuri urwo rugomo ariko ntiyitabye telefoni ye igendanwa.

Akarere ka Nyaruguru kavuga ko byabereye i Huye muri Gishamvu…

 

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru Francis Habitegeko yabwiye Taarifa ko ibivugwa ko byabereye mu murenge wa Rusenge atari byo, akemeza ko byabereye mu murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye.

Ati: “ Ibyo bakubwiye ko byabereye muri Rusenge sibyo ahubwo byabereye mu murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye. Niho bakomerekereje bariya basore ahubwo bahunga bagana muri Nyaruguru kuko bisaba kwambuka agateme gahari.”

N’ubwo Meya Habitegeko yemeza ko byabereye muri Gishamvu, umuturage wageze aho byabereye yemeza ko byabereye muri Nyaruguru.

Avuga ko yahageze saa kumi n’ebyiri za mu gitondo (6h00am) kuko yari atabajwe nk’umuntu ukorana n’uriya musore asanga aryamye mu migano iri mu murenge wa Rusenge hafi y’akararo kawugabanya n’uwa Gishamvu.

Yabwiye Taarifa ko yasize uriya musore bamujyanye ku Kigo nderabuzima cya Nyumba mu murenge wa  Gishamvu mu Karere ka  Huye, ngo yaje kumenya ko baje kumwohereza ku bitaro bya Kaminuza bya Butare kugira ngo acishwe mu cyuma.

Uyu musore witwa Kamana abagizi ba nabi bamukomerekeje cyane
TAGGED:Abagizi ba nabifeaturedNyaruguruRusenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ghana: Igihugu cya Zahabu na Demukarasi
Next Article Ethiopia: Hari ubwoba ko abarwanyi ba TPLF bashobora gutangiza ibitero shuma
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?