Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Umuhungu w’imyaka 19 aravugwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru: Umuhungu w’imyaka 19 aravugwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2020 6:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Kuri uyu wa Kane taliki 03, Ukuboza, 2020 mu mudugudu wa Mbogo, Akagari ka Murama, Umurenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru humvikanye amakuru avuga ko ingimbi yitwa Pascal y’imyaka 19 y’amavuko yasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Sèraphine.  Bivugwa ko yamusanze mu kinani yagiye kwahira icyarire cy’inyana.

Amakuru Taarifa ikesha umwe mu baturanyi b’umuryango Sèraphine akomokamo avuga ko uyu mukobwa ukiri muto yagiye kwahira ubwatsi ari kumwe n’abandi bana ariko bagezeyo Pascal arabakanga bariruka ariko bageze imbere arabahamagara ngo bagaruke bafate icyarire bari bamaze guca.

Bivugwa ko bagarutse noneho asingira Sèraphine aramusambanya, abandi babonye bibaye bariruka.

Abana bari kumwe nawe nibo bageze iwabo babibwira abo mu rugo nabo baratabaza.

Uriya mwana yajyanywe ku kigo nderabuzima cya Ngera, ukekwaho kiriya cyaha yacitse ntarafatwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngera Bwana Kayiranga Jean Bosco avuga ko amakuru ya kiriya cyaha bayemenye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba(6h00pm).

Ati: “ Nibyo ayo makuru turayafite. Uwo mwana yari yajyanye na bagenzi be kwahira ubwatsi hanyuma bikavugwa ko Pascal yabakanze bakiruka ariko nyuma akaza kubahamagara  abahumuriza ngo bagaruke, Sèaphine aba ari we ugaruka abandi bariruka , nyuma rero twumva ko ngo Pascal yamusambanyije. Uyu ukekwaho iki cyaha yaratorotse.”

Kayiranga asaba abaturage kwirinda kujya bohereza abana babo kure y’iwabo mu masaha akuze kuko bishobora gutiza umurindi abagizi ba nabi.

Yasabye abatuye Umurenge wa Ngera gukomeza gutanga amakuru y’ahakorewe ibyaha kugira ngo bikurikiranwe hakiri kare.

Umuyobozi mu mpuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu CLADHO Bwana Evariste Murwanashyaka avuga ko kuba gusambanya abana byatangiye gukorwa n’abafite imyaka 19 ari ikibazo gikomeye.

Ati: “ Twari dusanzwe twumva ko byakozwe n’abagabo bakuru barimo benewabo, ababakoresha mu ngo n’abandi ariko kuba hashize igihe gito bikorwa n’abafite imyaka 19 no mu nsi yayo byerekana ko ikibazo kiri gufata indi ntera.”

Murwanashyaka avuga ko icyaha nigihama uriya muhungu azahanwa hakurikijwe igihano amategeko ateganyariza umuntu mukuru uwo ari wese wahamijwe kiriya cyaha.

Ibyo avuga ngo biteganywa n’Ingingo ya 54 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano byabyo mu Rwanda.

Ibyaha byo gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa biri mu byaha bikunze kugaragara mu nkiko z’u Rwanda.

TAGGED:featuredGitifuGusambanyaNgeraNyaruguruUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika y’Epfo yongeye kohereza uyihagararira mu Rwanda
Next Article Dukeneye gukomeza kwagura inzego z’ubukerarugendo – Belize Kariza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?