Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Umuhungu w’imyaka 19 aravugwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru: Umuhungu w’imyaka 19 aravugwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2020 6:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Kuri uyu wa Kane taliki 03, Ukuboza, 2020 mu mudugudu wa Mbogo, Akagari ka Murama, Umurenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru humvikanye amakuru avuga ko ingimbi yitwa Pascal y’imyaka 19 y’amavuko yasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Sèraphine.  Bivugwa ko yamusanze mu kinani yagiye kwahira icyarire cy’inyana.

Amakuru Taarifa ikesha umwe mu baturanyi b’umuryango Sèraphine akomokamo avuga ko uyu mukobwa ukiri muto yagiye kwahira ubwatsi ari kumwe n’abandi bana ariko bagezeyo Pascal arabakanga bariruka ariko bageze imbere arabahamagara ngo bagaruke bafate icyarire bari bamaze guca.

Bivugwa ko bagarutse noneho asingira Sèraphine aramusambanya, abandi babonye bibaye bariruka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abana bari kumwe nawe nibo bageze iwabo babibwira abo mu rugo nabo baratabaza.

Uriya mwana yajyanywe ku kigo nderabuzima cya Ngera, ukekwaho kiriya cyaha yacitse ntarafatwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngera Bwana Kayiranga Jean Bosco avuga ko amakuru ya kiriya cyaha bayemenye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba(6h00pm).

Ati: “ Nibyo ayo makuru turayafite. Uwo mwana yari yajyanye na bagenzi be kwahira ubwatsi hanyuma bikavugwa ko Pascal yabakanze bakiruka ariko nyuma akaza kubahamagara  abahumuriza ngo bagaruke, Sèaphine aba ari we ugaruka abandi bariruka , nyuma rero twumva ko ngo Pascal yamusambanyije. Uyu ukekwaho iki cyaha yaratorotse.”

Kayiranga asaba abaturage kwirinda kujya bohereza abana babo kure y’iwabo mu masaha akuze kuko bishobora gutiza umurindi abagizi ba nabi.

- Advertisement -

Yasabye abatuye Umurenge wa Ngera gukomeza gutanga amakuru y’ahakorewe ibyaha kugira ngo bikurikiranwe hakiri kare.

Umuyobozi mu mpuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu CLADHO Bwana Evariste Murwanashyaka avuga ko kuba gusambanya abana byatangiye gukorwa n’abafite imyaka 19 ari ikibazo gikomeye.

Ati: “ Twari dusanzwe twumva ko byakozwe n’abagabo bakuru barimo benewabo, ababakoresha mu ngo n’abandi ariko kuba hashize igihe gito bikorwa n’abafite imyaka 19 no mu nsi yayo byerekana ko ikibazo kiri gufata indi ntera.”

Murwanashyaka avuga ko icyaha nigihama uriya muhungu azahanwa hakurikijwe igihano amategeko ateganyariza umuntu mukuru uwo ari wese wahamijwe kiriya cyaha.

Ibyo avuga ngo biteganywa n’Ingingo ya 54 mu gitabo giteganya ibyaha n’ibihano byabyo mu Rwanda.

Ibyaha byo gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa biri mu byaha bikunze kugaragara mu nkiko z’u Rwanda.

TAGGED:featuredGitifuGusambanyaNgeraNyaruguruUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika y’Epfo yongeye kohereza uyihagararira mu Rwanda
Next Article Dukeneye gukomeza kwagura inzego z’ubukerarugendo – Belize Kariza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?