Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaxo Yazanye Urwenya Mu Gihe u Rwanda Ruri Mu Cyunamo Kubera Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Nyaxo Yazanye Urwenya Mu Gihe u Rwanda Ruri Mu Cyunamo Kubera Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2025 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nyaxo
SHARE

Icyamamare mu gutera urwenya wamamaye ku izina rya Nyaxo ariko ubundi witwa Olivier Kanyabugande yaraye akoresheje ikiganiro cyacagaho ako kanya cy’urwenya yacishije kuri TikTok kitajyanye n’igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rurimo.

Mu gihe icyo kiganiro cyahitaga, hari abamusabye kugihagarika kuko cyari giciyeho mu gihe kidakwiye abima amatwi.

Icyakora aho akirangirije, yihutiye kujya ku mbuga ze, asaba imbabazi abamukurikira n’Abanyarwanda muri rusange.

Mu kiganiro cye yari ayoboye agihuriyeho n’urubyiruko rumukurikira, bateye urwenya biratinda!

Ubwo yasabaga imbabazi yagize ati:  “Aka kanya nje hano gusaba imbabazi abantu mwese mwari munkurikiye kuri live nakoze ku wa 11 Mata 2025 saa tatu z’ijoro, kuri Tik Tok aho njye na bagenzi banjye twari kumwe tuvuga ibintu bitajyanye n’ibi bihe turimo byo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Nyaxo avuga ko yigaye kuko ibyo gutera urwenya ntaho bihuriye n’ibihe Abanyarwanda barimo byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, akasegura kuwo ariwe wese byaba byakomerekeje.

RIB yatangaje ko hagiye gusesengurwa ibyaraye bibaye hanyuma hakazagira igikorwa nyuma.

Urwenya rwa Nyaxo rwaje mu ijoro abantu bari bamaze umwanya muto bavuye kwibuka Abatutsi biciwe i Nyanza ya Kicukiro ahashyinguwe imibiri irenga 100,000.

TAGGED:JenosideKwibukaNyaxoRIBUrwenya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mukantaganzwa Yongeye Kugaruka Ku Ruhare Gacaca Yagize Mu Kunga Abanyarwanda
Next Article Nyamasheke: Amafaranga Yagurishije Ingurube Yahiriye Mu Nzu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?