Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Amafaranga Yagurishije Ingurube Yahiriye Mu Nzu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Nyamasheke: Amafaranga Yagurishije Ingurube Yahiriye Mu Nzu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 April 2025 11:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amenshi muyo yagurishije ingurube ze yahiye.
SHARE

Ibyago byagwiririye Ngirimana Emmanuel w’imyaka 28 utuye mu Mudugudu wa Nkuro, Akagari ka Vugangoma, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke ubwo Frw 120,000 yari yagurishije ingurube yahiraga mu nzu.

Avuga ko ibyahiriye mu nzu ye byose bifite agaciro ka Frw  890.000, inkongi yamuhombeje ikaba yatangiye saa tatu n’igice z’igitondo cyo ku wa Kane tariki ya 10, Mata, 2025.

Uyu mugabo usanzwe ufite umugore n’abana avuga ko asanzwe ari umwogoshi ku gasenteri ka Mbuga mu Mudugudu wa Kagarama muri Macuba ya Nyamasheke.

Yabwiye Imvaho Nshya ko yatabajwe n’abaturanyi babonye inzu ye igurumanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko yari yazindukiye mu kazi bisanzwe, umugore yagiye gusura Nyina ajyanye n’abana, agarutse abanza kujya kwahira ubwatsi bw’ingurube ebyiri zari mu rugo.

Uwo mugabo nibwo yahamagawe n’abaturanyi bamubwiraga ko inzu ye iri gushya, aza yiruka.

Ati: “Bampamagaye bambwira ko babuze uburyo bafungura ngo binjire bazimye kuko urufunguzo nari narujyanye. Kwica inzugi byabananiye, ndeka ubwatsi nahiraga ndaza ndakingura dusanga inzu hafi ya yose yafashwe, turamuramo duke twari muri salo, ibindi byose birashya birakongoka.”

Avuga ko mu byahiye harimo amafaranga yagurishije ingurube bamuha Frw 150.000 akuramo 30.000 arayakoresha, andi 120.000 abura umwanya wo kuyajyana kuri SACCO kuko bwari bwije.

Yari buze kugaruka kare akayajyana kuri SACCO yirinda kuyararana.

- Advertisement -

Icyakora inzira ntibwira umugenzi kuko yaje guhuruzwa bamubwira ko inzu ye ihiye arebye asanga ya mafaranga nayo yakongotse.

Gusa ashimira abaturanyi bamutabaye nubwo imyenda ye, iy’umugore n’abana hafi ya yose yahiriyemo n’ibiribwa birimo umufuka w’umuceri, ibishyimbo, kawunga n’ibindi nabyo bikahatikirira.

Yahise ajya gucumbika kwa Nyina kuko baturanye, agasaba abagiraneza kumugoboka ngo arebe ko yakongera gusubira iwe.

Intsinga z’amashanyarazi zishaje ziri mu byo akeka ko byaba bateye iyo nkongi kuko nta gikoresho gikurura amashanyarazi menshi yari yasize acometse ku buryo yakeka ko ari cyo cyaje kuba imbarutso y’iyo nkongi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Macuba Munezero Ivan, yihanganishije uyu muryango, avuga ko nko ku by’aya mafaranga yahiye, asabwa kubika neza akigaragaraho nomero zishyirirwaho na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) akegera ubuyobozi, bukamukorera raporo, akazajya kuri BNR bakamuha amafaranga mazima.

Munezero avuga ko ubuyobozi bugiye kumukorera ubuvugizi agafashwa kubona uburyo asana inzu ye akayisubiramo kuko itakongotse yose.

Asaba abaturage kujya bagira igihe cyo kugenzura intsinga z’amashanyarazi ziri mu nzu zabo mu kwirinda inkongi z’umuriro za hato na hato.

TAGGED:AbaturanyifeaturedIngurubeInkongiNyamashekeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyaxo Yazanye Urwenya Mu Gihe u Rwanda Ruri Mu Cyunamo Kubera Jenoside
Next Article Goma: Humvikanye Urusaku Rw’Imbunda Ziremereye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?