Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Ruhango Perezida Kagame Yakurikijeho Huye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyuma Ya Ruhango Perezida Kagame Yakurikijeho Huye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2022 9:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’Igihugu nyuma yo gusura no kuganira n’abaturage bo mu Karere ka Ruhango, yahise ajya muri Huye. Yaganiriye n’abavuga rikijyana muri  Huye baganira ku bikiri imbogamizi ku iterambere ry’abagatuye.

Muri Ruhango niho yatangiriye ingendo afite zizakorerwa mu Ntara y’Amajyepfo n’Intara y’i Burengerazuba.

Biteganyijwe ko azasura Akarere ka Nyamagabe mu Ntara Y’Amajyepfo, nyuma agakurikizaho Uturere twa Nyamasheke, Rusizi na Rutsiro mu Ntara y’i Burengerazuba.

Ubwo yari ari mu Karere ka Ruhango, Perezida Kagame yabwiye abagatuye ko hari umwenda abafitiye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni umwenda w’uko hari ibyo yari yarabemereye ubwo yazaga kwiyamamaza mu mwaka wa 2017.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo yasezeranyije abaturage hari ibitarakorwa, ibyo yise ‘umwenda’ abafitiye.

This evening in Huye District, President Kagame is meeting with over 800 opinion leaders from across the Southern Province to discuss key challenges that need to be addressed to achieve socio-economic transformation for every citizen. pic.twitter.com/qiUsWiaZJ1

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) August 25, 2022

Icyakora ngo bamwihanganire araza kuwishyura.

Icyakora Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kugira ngo umwenda wishyurwe neza, hari n’ibyo abawusezeranyijwe, ni ukuvuga abaturage, bagomba gukora.

- Advertisement -

Ati: “ Tugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo uwo mwenda wishyurwe,.”

Yavuze ko hari inzego abaturage bagomba gushyiramo imbaraga zabo n’ubwo uruhare runini ari urwa Leta ariko ngo nabo bafite urundi ruhare bagomba kugira.

Ati: “ Uruhare rwa mbere ni ugukora, ugakora ibyo ushoboye, ugakora ibishoboka kuko Leta iba yanaguhaye uburyo bwo gukora.”

Yavuze ko ku byerekeye ubuhinzi, Leta itanga ifumbire, igatanga imbuto z’indobanure n’ibindi ariko ngo ugomba kubibyaza umusaruro ni umuturage kugira ngo ibintu byuzuzanye.

Kagame yavuze ko hari n’ibikorwa bigaragara byakozwe ariko bikwiye kurindwa bikaramba.

Yatanze urugero rw’umuhanda.

Ku byerekeye ubuhinzi bw’imyumbati, ngo hari ibintu bibiri bigomba kuzuzanya.

Ngo uruganda rukora ifu y’imyumbati rukora 50% y’ubushobozi bwarwo, Perezida Kagame akibaza impamvu bitazamuka ngo bigere kuri 80% kuzamura!

Avuga ko Leta izakora uko ishoboye urwo ruganda rukagira ibyo rukeneye byose ngo rukore cyane.

Yasabye ariko n’abahinzi kujya bahinga imyumbati myinshi kugira ngo bahe uruganda umusaruro ufatika.

Perezida Kagame yavuze ko ifu yo mu Ruhango abanyamahanga bayikunda ariko ngo ntihagije, bityo ngo bagomba kongera umusaruro.

Muri Ruhango kandi yahavugiye ko agiye gukirikirana ikibazo cy’abamotari cyatumye hari na bamwe muri bo bigaragambya.

TAGGED:AbamotariAbaturageHuyeKagameLetaRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Umupolisikazi Yatemwe Bikomeye N’Abagizi Ba Nabi
Next Article Abanyamahanga Barashinjwa Kwivanga Mu Matora Yo Muri Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?