Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Imyaka 6 Icyanya Cya Nyandungu Gitunganywa, Kigiye Gutahwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyuma Y’Imyaka 6 Icyanya Cya Nyandungu Gitunganywa, Kigiye Gutahwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2022 6:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda ifatanyije n’abo ikorana nabo kuri uyu wa 08, Kanama, 2022 izataha ku mugaragaro icyanya cya Nyandungu kizafasha abashaka kuruhuka mu mutwe no kwishimira ibidukikije. Cyatunganyijwe mu myaka itandatu, kugitunganya biha akazi abantu 4,000.

Ikigo cy’u Rwanda cy’iterambere, RDB, gifatanyije n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwita ku bidukikije baraye basinyanye amasezerano n’ikigo QA Venue Solutions kugira ngo abe ari cyo kizita ku bikorwa bizakorerwa muri Nyandungu Eco-Park.

Icyanya nyaburanga cya Nyandungu cyatewemo ibiti 17,000 birimo amoko 55 akomoka mu Rwanda. Kiri ku buso bwa Hegitari 121, kikagira ahantu hatewe ibiti bivanwamo imiti.

Gifite ubusitani bwitiriwe Papa Yohani Pawulo II kuko yigeze kuhakirira Abakirisitu Gatulika ubwo yari yasuye u Rwanda hagati y’italiki 07 n’italiki 09, Nzeri, 1990.

Ni icyanya gifite ahantu hari amazi abereye ijisho, hari n’udutebe abashyitsi bicaraho bari kwitegereza inyoni zirimo imisambi, inuma n’izindi zikunda abantu hafutse.

Hari n’ahandi hagenewe kwiga, abantu bakamenya imiterere n’imikorere y’ibinyabuzima biri muri kiriya cyanya.

Ni icyanya kirimo amoko y’ibinyabuzima bitandukanye harimo n’imisambi

Ugize isari cyangwa inyota yagenewe aho yafatira amafunguro, akanywa ikawa cyangwa ikindi kimugera ku nyota.

Mu rwego rwo kurambura ingingo, hari imihanda iri imbere mu cyanya cya Nyandungu igenewe gutwarwamo igare hareshya na Kilometero 10.

Gahunda yo gusura ibyiza nyaburanga biri muri kiriya cyanya bizajya bitangira hagati ya saaa kumi n’ebyiri za mu gitondo( 6h00am) kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba(6h00 pm).

Umuyobozi w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwita ku bidukikije Madamu Juliet Kabera avuga ko  kiriya cyanya kizafasha abatuye Umujyi wa Kigali n’abandi bakunda ibyiza nyaburanga kubona aho basura hafi yabo bakaruhuka mu mutwe.

Kabera avuga ko akandi kamaro cy’icyanya nka kiriya ari ukugabanya ibyago biterwa n’imyuzure kubera ko ibiti biteyemo binywa amazi menshi bityo ntareke ngo abe yateza ibindi bibazo.

Inyoni zarahatashye

Asanga bizafasha no guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Imirimo yo gutunganya icyanya cya Nyandungu yatangijwe na Leta y’u Rwanda mu mwaka wa 2016.

Kuva icyo gihe kugeza ubu, imirimo yo kugisana yatwaye Miliyari Frw 4.5.

Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, RDB, Zéphanie Niyonkuru avuga ko  gutunganya no kwita kuri kiriya cyanya ari kimwe mu byerekana umuhati w’u Rwanda mu guteza imbere ubukerarugendo bwita ku bidukikije, ibyo bita eco-tourism.

Iyi niyo ntero y’Umuyobozi w’Ikigo w’Ikigego Nyarwanda gishinzwe guteza imbere imishinga yo kwita ku bidukikije, FONERWA, witwa Teddy Mugabo.

Iki kigega kitwa  Rwanda Green Fund (FONERWA).

Icyanya cya Nyandungu kizatabwaho n’Ikigo QA Venue Solutions ari nacyo kita kuri BK Arena.

Hari ahantu ho gufatira amafunguro
Hari ibiyaga bibereye ijisho
Ni icyanya kirimo amoko y’ibinyabuzima bitandukanye harimo n’imisambi
Kuri uyu wa Gatanu taliki 08, Nyakanga, 2022 nibwo hari butahwe ku mugaragaro
TAGGED:featuredIcyanyaIkigoNyanduguRDBREMA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayumba Nyamwasa Akiri Mu Ngabo Za Uganda Yatanze Ruswa Bamuha Ipeti
Next Article Amafoto: Uwahoze Ari Minisitiri W’Intebe W’u Buyapani Yarashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?