Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Inkongi Muri Kigali Economic Zone Indi Yishe Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyuma Y’Inkongi Muri Kigali Economic Zone Indi Yishe Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2024 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uko amasaha yatambukaga nibwo hamenyekanye ko umugabo wari urinze inzu ya shebuja yayihiriyemo arapfa. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere mu Kagari ka Kabuguru I, mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge.

Iyo nzu yakorerwagamo ububaji iza gufatwa n’umuriro abantu baratabaza ngo barebe ko uwo mugabo yavanwamo ari muzima ariko biranga.

Umuturage w’aho yabwiye bagenzi bacu ba BTN ati: “Twari turyamye noneho twumva abantu badukomangira bahuruza bavuga ko tugiye gushya natwe rero tubyutse dusanga koko hari inzu iri kwibasirwa n’inkongi”.

Undi avuga ko ikibabaje ari uko uwo muzamu atari azwi umwirondoro kuko yari akiri mushya.

Nyiri inzu yitwa Djamali avuga ko ashimira Polisi ko yakoze uko ishoboye ikagira ibyo izimya bitarakongoka.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB na Polisi batangiye iperereza mu gihe umurambo wari ugiye kujyanwa mu Bitaro kugira ngo ukorerwe isuzumwa.

Inkongi yo muri Rwezamenyo ivuzwe mu gihe hari indi yakongoye rumwe mu nganda 74 zikorera muri Kigali Special Economic Zone, rugashya rugashira.

Kugeza ubu Taarifa ntiramenya icyateye iyi nkongi ariko twamenye ko yatangiriye muri bimwe mu Biro biri muri uru ruganda rwitwa C&G Rwanda Products Ltd rufitwe n’abashoramari b’Abashinwa.

Polisi imaze igihe mu bukangurambaga bubwira abantu uko inkongi zaduka n’uburyo bazirinda ariko no kumenya uko bazimwa uwo muriro igihe wadutse Polisi ntihite ihagera.

Akenshi inkongi iterwa n’intsinga zishaje ndetse n’uburangare bwa bamwe mu bantu basiga ibikoresho nk’ipasi bicometse bikaza kuzamura ubushyuhe bwinshi bigateza inkongi.

Gasabo: Muri Kigali Economic Zone Haravugwa Inkongi

TAGGED:InkongiNyarugengeRwezamenyoUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Yahacanye Umucyo
Next Article Tanzania: Nyamvumba Yatanze Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukerarugendoUbukungu

Kinigi: Abaturiye Ahazagurirwa Pariki Bahawe Uburyo Bwo Kwihaza Mu Biribwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Haganiwe Uko UNHCR Yakomeza Imikoranire N’ u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?