Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Inkongi Muri Kigali Economic Zone Indi Yishe Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyuma Y’Inkongi Muri Kigali Economic Zone Indi Yishe Umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2024 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uko amasaha yatambukaga nibwo hamenyekanye ko umugabo wari urinze inzu ya shebuja yayihiriyemo arapfa. Byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere mu Kagari ka Kabuguru I, mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge.

Iyo nzu yakorerwagamo ububaji iza gufatwa n’umuriro abantu baratabaza ngo barebe ko uwo mugabo yavanwamo ari muzima ariko biranga.

Umuturage w’aho yabwiye bagenzi bacu ba BTN ati: “Twari turyamye noneho twumva abantu badukomangira bahuruza bavuga ko tugiye gushya natwe rero tubyutse dusanga koko hari inzu iri kwibasirwa n’inkongi”.

Undi avuga ko ikibabaje ari uko uwo muzamu atari azwi umwirondoro kuko yari akiri mushya.

Nyiri inzu yitwa Djamali avuga ko ashimira Polisi ko yakoze uko ishoboye ikagira ibyo izimya bitarakongoka.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB na Polisi batangiye iperereza mu gihe umurambo wari ugiye kujyanwa mu Bitaro kugira ngo ukorerwe isuzumwa.

Inkongi yo muri Rwezamenyo ivuzwe mu gihe hari indi yakongoye rumwe mu nganda 74 zikorera muri Kigali Special Economic Zone, rugashya rugashira.

Kugeza ubu Taarifa ntiramenya icyateye iyi nkongi ariko twamenye ko yatangiriye muri bimwe mu Biro biri muri uru ruganda rwitwa C&G Rwanda Products Ltd rufitwe n’abashoramari b’Abashinwa.

Polisi imaze igihe mu bukangurambaga bubwira abantu uko inkongi zaduka n’uburyo bazirinda ariko no kumenya uko bazimwa uwo muriro igihe wadutse Polisi ntihite ihagera.

Akenshi inkongi iterwa n’intsinga zishaje ndetse n’uburangare bwa bamwe mu bantu basiga ibikoresho nk’ipasi bicometse bikaza kuzamura ubushyuhe bwinshi bigateza inkongi.

Gasabo: Muri Kigali Economic Zone Haravugwa Inkongi

TAGGED:InkongiNyarugengeRwezamenyoUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Amakipe Y’u Rwanda Ya Volley Yahacanye Umucyo
Next Article Tanzania: Nyamvumba Yatanze Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubufaransa: Muganga Yahamijwe Icyaha Cyo Kuroga Abarwayi Bagapfa 

Burundi: Impunzi Ziva Muri DRC Zirugarijwe

Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base

Uko Urwego Rw’Ubuzima Bw’Abanyarwanda Ruteye Mu Myaka Itanu Ishize

Abayobozi Baranengwa Kutitabira Inteko Z’Abaturage

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Baburaniye Mu Ruhame Baregwa Urumogi Na Kanyanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?