Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu mahanga

Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2025 6:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa nk’aho Donald Trump aha abanyamafaranga agaciro kanini ku buryo abiyegereza muri Politiki akora. Ubu yatangiye gukorana na Larry Ellison umukire wa kabiri ku isi ufite Miliyari $ 233.

Ni umusaza ufite imyaka 80 y’amavuko akaba ari we nyiri ikigo kitwa Oracle, akaba ashaka kugura TikTok.

Asanzwe ari no mu bashoye mu ikoranabuhanga rikoresha ubwenge buhangano.

Trump yemera uyu mukambwe bajya kungana mu myaka( Trump afite imyaka 79), akamwita ‘CEO of everything’.

Perezida Trump avuga ko Ellison ari umuntu uzi gucuruza ikoranabuhanga kuko mu gihe gito yavuye ku mwanya wa Gatanu mu bakire barusha abandi amadolari ku isi, ubu akaba ari uwa kabiri nyuma ya Elon Musk, umurusha Miliyari $100 zirenga.

Le Monde yanditse ko uyu mukambwe atigeze acika intege mu bucuruzi bwe, ahubwo ubu ari we uyobora Ishami ryabwo rishinzwe ikoranabuhanga, kandi aherutse kwemerera ikigo kitwa OpenAI kuzagiha murandasi itubutse, yo kugifasha kubaka ubwenge buhangano.

Ikigo OpenAI nicyo cyakoze ubwenge buhangano bwa ChatGPT.

Larry Ellison yemeye ko ikigo cye Oracle kizaha OpenAI murandasi ipima gigawatts 4.5 zo gukoresha muri mudasobwa zayo, zikaba ari nyinshi kuko zingana n’izikoreshwa mu byuma bitatu bitunganya ingufu za nikileyeri.

Trump agiye gukorana na Ellison nyuma yo gutandukana na Elon Musk wahoze ushinzwe gushyira mu buryo imikorere y’inzego za Guverinoma ya Amerika ngo zidakomeza gutagaguza umutungo.

Aho batandukaniye, Musk yashinze Ishyaka yise America Party, rigamije guhangana n’andi ngo arebe ko nawe yazategeka Amerika.

Perezida Donald Trump niwe wayoboye Amerika ukize kurusha abandi kuko afite Miliyari $ zigera kuri eshatu.

TAGGED:AmerikaEllisonIkoranabuhangaLarryTrumpUmuherweUmukire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro
Next Article Abanyeshuri Bazakora Ibizamini By’Ayisumbuye Biyongereyeho Abantu 19,926
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu mahangaUbumenyi N'Ubuhanga

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?