Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu mahanga

Nyuma Yo Gutandukana Na Musk, Trump Yiyegereje Undi Muherwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 July 2025 6:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa nk’aho Donald Trump aha abanyamafaranga agaciro kanini ku buryo abiyegereza muri Politiki akora. Ubu yatangiye gukorana na Larry Ellison umukire wa kabiri ku isi ufite Miliyari $ 233.

Ni umusaza ufite imyaka 80 y’amavuko akaba ari we nyiri ikigo kitwa Oracle, akaba ashaka kugura TikTok.

Asanzwe ari no mu bashoye mu ikoranabuhanga rikoresha ubwenge buhangano.

Trump yemera uyu mukambwe bajya kungana mu myaka( Trump afite imyaka 79), akamwita ‘CEO of everything’.

Perezida Trump avuga ko Ellison ari umuntu uzi gucuruza ikoranabuhanga kuko mu gihe gito yavuye ku mwanya wa Gatanu mu bakire barusha abandi amadolari ku isi, ubu akaba ari uwa kabiri nyuma ya Elon Musk, umurusha Miliyari $100 zirenga.

Le Monde yanditse ko uyu mukambwe atigeze acika intege mu bucuruzi bwe, ahubwo ubu ari we uyobora Ishami ryabwo rishinzwe ikoranabuhanga, kandi aherutse kwemerera ikigo kitwa OpenAI kuzagiha murandasi itubutse, yo kugifasha kubaka ubwenge buhangano.

Ikigo OpenAI nicyo cyakoze ubwenge buhangano bwa ChatGPT.

Larry Ellison yemeye ko ikigo cye Oracle kizaha OpenAI murandasi ipima gigawatts 4.5 zo gukoresha muri mudasobwa zayo, zikaba ari nyinshi kuko zingana n’izikoreshwa mu byuma bitatu bitunganya ingufu za nikileyeri.

Trump agiye gukorana na Ellison nyuma yo gutandukana na Elon Musk wahoze ushinzwe gushyira mu buryo imikorere y’inzego za Guverinoma ya Amerika ngo zidakomeza gutagaguza umutungo.

Aho batandukaniye, Musk yashinze Ishyaka yise America Party, rigamije guhangana n’andi ngo arebe ko nawe yazategeka Amerika.

Perezida Donald Trump niwe wayoboye Amerika ukize kurusha abandi kuko afite Miliyari $ zigera kuri eshatu.

TAGGED:AmerikaEllisonIkoranabuhangaLarryTrumpUmuherweUmukire
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuvugizi Wa RDF Agira Urubyiruko Inama Yo Kuzaba Ingirakamaro
Next Article Abanyeshuri Bazakora Ibizamini By’Ayisumbuye Biyongereyeho Abantu 19,926
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?