Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nzasaba u Rwanda Kurekura Rusesabagina- Antony Blinken
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Nzasaba u Rwanda Kurekura Rusesabagina- Antony Blinken

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken yabwiye RFI ko kimwe mu byo azaganira na Perezida Paul Kagame ari uburyo Paul Rusesabagina yarekurwa.

Ni mu kiganiro kihariye yahaye RFI nyuma yo kuganira n’abashinzwe ububanyi n’amahanga ba Afuruka y’Epfo, aho ari buve agana muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kuri iyi ngingo yagize ati: “ Nibyo rwose kandi hari n’abandi baturage bacu, mu buryo tutishimira, bafungiye mu bihugu bindi kandi mu buryo butubahirije amategeko. Kuri njye ni ikintu kihutirwa ko dukora k’uburyo barekurwa bakagaruka iwacu muri Amerika.”

Abajijwe niba yemera ibikubiye muri raporo ivuga ko hari ingabo z’u Rwanda ziri muri DRC, Antony Blinken yabwiye RFI ko ikimugenza ari ukuganira n’ubuyobozi bw’ibihugu byombi kugira ngo arebe ko ibintu byasubira mu buryo.

Avuga kandi ko ikimugenza ari ukureba uko imirongo yo gucyemura ibibazo biri hagati ya Kigali na Kinshasa yashyizweho na Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta mu nama iherutse kubera i Nairobi yashyirwa mu bikorwa.

Abajijwe icyo avuga ku byo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo aherutse gusaba by’uko Umuryango mpuzamahanga n’Amerika by’umwihariko byafatira u Rwanda ibihano, Antony Blinken yavuze ko Amerika icyo ishaka ari ugufasha kugira ngo ibibazo bikemuke kandi mu buryo burambye.

Umunyamakuru wa RFI yamubajije niba kuba hari ibihugu bimwe Amerika isabira ko bihanwa cyangwa se nayo ikabihana ariko ibindi ntibikore, bitagaragaza uburyarya no guhengamira kuri bamwe, Umuyobozi muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga yavuze ko burya byose biba bigomba kurebwa mu buryo bwagutse.

Kuri we, ikibazo kiri ahantu runaka ntikigomba gufatirwa ingamba nk’uko bimeze ku kindi kibazo kiri ahandi hantu runaka kuko n’imiterere yabyo iba atari imwe.

Icy’ingenzi mu kazi ke ngo ni ugukora uko bishoboka kose, ahari intambara hakagaruka amahoro, ahari amahoro hakarindwa intambara.

Ku  ngingo yo kumenya niba ku rutonde rw’ibyo azaganira na Perezida Kagame harimo iby’uko u Rwanda rufasha cyangwa rwafashije M 23, Antony Blinken yasubije ko icyo azi ari uko abavuzweho gufasha imitwe y’iterabwoba yose byahagaze.

Icyakora yavuze ko batazabura kubiganiraho.

Blinken kandi yeruye avuga ko azasaba Perezida Kagame ko Paul Rusesabagina arekurwa agasubira iwabo kandi ngo ni ikibazo kirenze Rusesabagina kuko hari n’ahandi ku isi hari Abanyamerika bahafungiye ariko ngo bose hagomba kurebwa uko barekurwa bagasubira iwabo.

Ku ngingo y’uko kuba Amerika iri kuganira n’ibihugu by’Afurika biri gukowa mu rwego rwo guca intege u Burusiya, Blinken yavuze ko nta gihugu Amerika ihanganye nacyo k’uburyo byayibuza guhumeka ngo irashaka kugira ijambo aha n’aha.

Icyakora hari abavuga ko Amerika iri gushaka uko yakoma mu nkokora ububanyi n’amahanga bw’u Burusiya n’u Bushinwa busa n’uburi kuyikura ku Mugabane w’Afurika.

Antony Blinken: «L'Amérique ne s'engage pas en Afrique à cause d'un autre pays» https://t.co/C4awZdMSUr via @RFI

— nizeyimana jean Pier (@PeterNizey) August 9, 2022

 

TAGGED:AmerikaBlinkenfeaturedKagameRusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Muganga Yashwishurije Abumva Ko Abanyamahanga Bazakinira APR FC Akiyiyobora
Next Article Icyamamare Ku Isi Muri Tennis Serena Williams Yasezeye Muri Uyu Mukino
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?