Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nzasaba u Rwanda Kurekura Rusesabagina- Antony Blinken
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Nzasaba u Rwanda Kurekura Rusesabagina- Antony Blinken

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 August 2022 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga w’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken yabwiye RFI ko kimwe mu byo azaganira na Perezida Paul Kagame ari uburyo Paul Rusesabagina yarekurwa.

Ni mu kiganiro kihariye yahaye RFI nyuma yo kuganira n’abashinzwe ububanyi n’amahanga ba Afuruka y’Epfo, aho ari buve agana muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Kuri iyi ngingo yagize ati: “ Nibyo rwose kandi hari n’abandi baturage bacu, mu buryo tutishimira, bafungiye mu bihugu bindi kandi mu buryo butubahirije amategeko. Kuri njye ni ikintu kihutirwa ko dukora k’uburyo barekurwa bakagaruka iwacu muri Amerika.”

Abajijwe niba yemera ibikubiye muri raporo ivuga ko hari ingabo z’u Rwanda ziri muri DRC, Antony Blinken yabwiye RFI ko ikimugenza ari ukuganira n’ubuyobozi bw’ibihugu byombi kugira ngo arebe ko ibintu byasubira mu buryo.

Avuga kandi ko ikimugenza ari ukureba uko imirongo yo gucyemura ibibazo biri hagati ya Kigali na Kinshasa yashyizweho na Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta mu nama iherutse kubera i Nairobi yashyirwa mu bikorwa.

Abajijwe icyo avuga ku byo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo aherutse gusaba by’uko Umuryango mpuzamahanga n’Amerika by’umwihariko byafatira u Rwanda ibihano, Antony Blinken yavuze ko Amerika icyo ishaka ari ugufasha kugira ngo ibibazo bikemuke kandi mu buryo burambye.

Umunyamakuru wa RFI yamubajije niba kuba hari ibihugu bimwe Amerika isabira ko bihanwa cyangwa se nayo ikabihana ariko ibindi ntibikore, bitagaragaza uburyarya no guhengamira kuri bamwe, Umuyobozi muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga yavuze ko burya byose biba bigomba kurebwa mu buryo bwagutse.

Kuri we, ikibazo kiri ahantu runaka ntikigomba gufatirwa ingamba nk’uko bimeze ku kindi kibazo kiri ahandi hantu runaka kuko n’imiterere yabyo iba atari imwe.

Icy’ingenzi mu kazi ke ngo ni ugukora uko bishoboka kose, ahari intambara hakagaruka amahoro, ahari amahoro hakarindwa intambara.

Ku  ngingo yo kumenya niba ku rutonde rw’ibyo azaganira na Perezida Kagame harimo iby’uko u Rwanda rufasha cyangwa rwafashije M 23, Antony Blinken yasubije ko icyo azi ari uko abavuzweho gufasha imitwe y’iterabwoba yose byahagaze.

Icyakora yavuze ko batazabura kubiganiraho.

Blinken kandi yeruye avuga ko azasaba Perezida Kagame ko Paul Rusesabagina arekurwa agasubira iwabo kandi ngo ni ikibazo kirenze Rusesabagina kuko hari n’ahandi ku isi hari Abanyamerika bahafungiye ariko ngo bose hagomba kurebwa uko barekurwa bagasubira iwabo.

Ku ngingo y’uko kuba Amerika iri kuganira n’ibihugu by’Afurika biri gukowa mu rwego rwo guca intege u Burusiya, Blinken yavuze ko nta gihugu Amerika ihanganye nacyo k’uburyo byayibuza guhumeka ngo irashaka kugira ijambo aha n’aha.

Icyakora hari abavuga ko Amerika iri gushaka uko yakoma mu nkokora ububanyi n’amahanga bw’u Burusiya n’u Bushinwa busa n’uburi kuyikura ku Mugabane w’Afurika.

Antony Blinken: «L'Amérique ne s'engage pas en Afrique à cause d'un autre pays» https://t.co/C4awZdMSUr via @RFI

— nizeyimana jean Pier (@PeterNizey) August 9, 2022

 

TAGGED:AmerikaBlinkenfeaturedKagameRusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Muganga Yashwishurije Abumva Ko Abanyamahanga Bazakinira APR FC Akiyiyobora
Next Article Icyamamare Ku Isi Muri Tennis Serena Williams Yasezeye Muri Uyu Mukino
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?