Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2025 1:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yabwiye urubyiruko rurangije itorero ry’Indangamirwa ko gukomera k’u Rwanda gushingiye ahanini ku cyubahiro Abanyarwanda biha aho bari hose.

Nsengiyumva asaba urubyiruko ‘kumenya neza’ u Rwanda hanyuma bagaharanira kurwubaka kandi bikaba umukoro wa buri wese kandi wa buri munsi.

Mu gusobanura impamvu ibyo ari ngombwa, Minisitiri w’Intebe yavuze ko imbaraga z’urubyiruko ari zo ntandaro yo kuzagira u Rwanda ruhamye mu gihe kizaza.

Ati: “Muri iri torero, mwaganirijwe ku miyoborere y’isi turimo, mwabonye ko gukomera kw’igihugu cyacu bihera ku myitwarire ya buri wese muri twe. Icyo ukora cyose, uko witwara aho uri hose, nibyo byubahisha cyangwa bigasuzuguza igihugu cyacu”.

Asanga kandi kugira ngo urubyiruko ruzagire icyo rugera ho, rukwiye kwirinda ibitarwungura.

Yasabye inkumi n’abasore bamuteze amatwi ko bakwiye kuzirikana ko bakiri bato, ko bafite umwanya wo gukora ibizabagirira akamaro mu gihe kinini kizaza.

Ati: ” Mwe nk’abakiri bato mukoreshe umwanya wanyu mu biri ngombwa gusa. Ibibarangaza mu nzira zitandukanye n’amazina atandukanye bihabwa, ntimukabihe umwanya”.

Urwo rubyiruko rwasabwe ko aho ruba ruzahageza iterambere ari nako narwo rubyungukiramo.

Muri ayo majyambere, yabasabye kuzazirikana u Rwanda, bakaruteza imbere mu buryo bushoboka bwose.

Mu izina rya Perezida Paul Kagame, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yabwiye urubyiruko rurangije itorero ry’Indangamirwa ko u Rwanda ruzi akamaro kabo, ko bakwiye kutazarutererana cyangwa ngo barutetereze mu ruhando mpuzamahanga.

Rwasabwe kandi kwibuka akamaro k’Ikinyarwanda n’umuco w’Abanyarwanda, ntibazatwarwe n’iby’imahanga gusa ngo bibagirwe ku ivuko.

Abagize iri torero bagize icyiciro cya 15 cy’Indangamirwa kirimo Abanyarwanda baba mu Rwanda no mu mahanga.

TAGGED:featuredIgihuguItoreroNsengiyumvaRwandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 
Next Article Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?