Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: P-Square Yagarutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

P-Square Yagarutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2022 8:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari hashize imyaka itanu abavandimwe babiri bahoze bakorana mu itsinda ry’umuziki bise P-Square bahagaritse gukorana. Ubu batangaje ko basubiranye kandi bagiye gukora ibitaramo bizagera mu mijyi 100  hirya no hino ku isi.

N’ikimenyimenyi  muri iki gihe bafitanye indirimbo ebyiri imwe bise  ‘Jaiye’ indi bayita  ‘Find Somebody’.

Nibo baziyandikiye bazishyira mu byuma kugeza zibaye indirimbo zuzuye zirasohoka.

Indirimbo ‘Jaiye’ irimo amashusho aba bagabo bombi bakorana igitaramo, abafana babyishimiye.

Nyuma yo kwiyemeza kongera gukorana, bahise bavuga ko bagiye gutangira ibitaramo mu mijyi 100 kandi ngo bizaba biri mu bitaramo byakunzwe kandi byakozwe henshi ku isi mu mwaka wa 2022.

Peter na Paul Okoye ni abavandimwe b’impanga bihuje bakora itsinda bise P-Square.

Indirimbo ebyiri baherutse gusohora, zije hashize imyaka itanu buri wese akora ukwe.

Mu mwaka wa 2000 basohoye indirimbo yakunzwe yiswe Ifunanya yahise ituma isi ibamenya.

Bidatinze basohoye indirimbo zabiciye bigacika bise Roll it, Do Me, Forever, Alingo, Personally iyi ya nyuma ikaba nayo iri mu zakunzwe zikabyinwa henshi muri Afurika.

‘Personally’ yasohotse mu mwaka wa 2014.

Ibitaramo byabo mu mijyi 100 bizakorerwa muri Amerika, u Burayi, u Bwongereza , Uburasirazuba bwo hagati, ahandi muri Aziya no muri Afurika.

TAGGED:AbavandimwefeaturedIndirimboP Sqaure
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakozi ba ECOBANK Batawe Muri Yombi
Next Article Ese Federasiyo Y’Abanditsi Nyarwanda Izacyemura Ibyo Bigeze Gushinjwa Na Guverinoma?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?