Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Bamufotoye Asohotse Muri Studio
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Papa Francis Bamufotoye Asohotse Muri Studio

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2022 3:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamakuru ukomoka muri Espagne ariko utuye i Roma yafotoye Papa Francis amutunguye amufotora asohotse muri Studio  y’umwe mu nshuti ze iri i Roma.

Ifoto ikimara gushyirwa ahabona, Papa Francis yaratunguwe ashima uwo munyamakuru wamucunze atabizi akamufotora ifoto nziza.

Papa yaboneyeho gusaba n’abandi banyamakuru kuzamura urwego rwabo mu kazi, bakagakora neza batitaye ku ngingo y’uko hari abashobora kutishimira umusaruro ibya abanyamakuru bakora utanga cyane cyane iyo bitari mu nyungu zabo.

Papa Francis ni umwe mu Bashumba ba Kiliziya gatulika batajya bigora ngo bumve ko ari ibikomerezwa ahubwo bagahitamo kwicisha bugufi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yegeze kubwira ibyegera bye ko ahora yifuza kongera kubaho nk’uko byari bimeze mbere kuko ngo muri kiriya gihe yarishyiraga akizana, akajya kugura umugati kwa runaka ntacyo yikanga.

Muri iki gihe ariko, avuga ko bitamworohera kuba yagira aho atarabukira kuko aba yikaba amaso y’abanyamakuru.

N’ubwo ari uko bimeze ariko aherutse gusaba abashinzwe kumwitaho kureba uburyo bazategura urugendo mu ibanga akajya kugura umuziki kuri umwe mu nshuti ze zifite inzu itunganya umuziki.

Abo mu Biro bye barahihibikanye ariko mu ibanga, bategura urugendo rwa Nyirubutungane ku nshuti ye yitwa Letizia Giostra ifite umukobwa witwa Tiziana.

Intego ya Papa yari iyo kujya kugura ziriya ndirimbo akaboneraho no kuganira niyo nshuti ye.

- Advertisement -

Ubwo Papa n’abakozi be bateguraga uriya rugendo mu ibanga rikomeye, ku rundi ruhande hari umunyamakuru ufite icyuma gifotora gifite ibisabwa byose kandi nawe yiteguye gufotora ikintu icyo ari cyo cyose abona ko kibikwiye.

Taliki 11, Mutarama, 2022 ubwo Papa yasohokaga muri studio y’uriya mugore, wa mu nyamakuru witwa

Javier Martínez Brocal yamuteye imboni, ahita akanda buto(button) aba aramufotoye.

Bidatinze yayishyize ku mbunga nkoranyambaga maze ihita ikwirakwira hose.

Papa Francis yamugezeho ayitegereje asanga ni nziza, ifotoranye ubuhanga kuko yamwerekanaga ari gusohoka muri iriya studio kandi amazina yayo agaragara neza.

Aho kugira ngo abyamagane, Papa Francis yashimye ubutwari bw’uriya munyamakuru ndetse ashishikariza n’abandi gukora nkawe , bakajya bahora biteguye gukora akazi kabo n’ubwo hari abo katashimisha kuko kaba katari mu nyungu zabo.

TAGGED:featuredFrancisPapaRomaUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: V/Perezida W’Inteko Ishinga Amategeko Yeguye Kubera Ko Abamurinda Baherutse Gukubitwa
Next Article Minisitiri Biruta Yasuye Abapolisi B’u Rwanda Bari Mu Butumwa Bw’Amahoro Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?