Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papua New Guinea: Inkangu Yahitanye Abantu 100
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Papua New Guinea: Inkangu Yahitanye Abantu 100

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2024 12:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu muri umwe mu midugudu yo mu Birwa bya Papua New Guinea bazindukiye mu marira nyuma y’uko inkangu ihitanye abantu 100.

Ni abo mu Mudugudu witwa Kaokalam mu Ntara ya Enga mu Bilometero 600 uvuye ku Nyanja ya Pacifique aho ikirwa cya Papua New Guinea giherereye.

Ibiro ntaramakuru bya Australia bitangaza ko bivuga ko abahitanywe n’iyi nkangu bashobora kuza kurenga 100 kuko hari abo batarabona mu bagwiriwe nayo.

Muri bo harimo abarengewe n’ibiti, ibyondo n’inkuta, bikaba bivugwa ko hari abandi byahitanye batari baboneka.

Umwe mu bahatuye avuga ko iriya nkangu yabaye mu ijoro ryakeye ubwo abaturage bari basinziriye.

Ikindi ni uko kugera kuri abo bantu bakeneye ubutabazi bitoroshye kuko umuhanda w’ibanze muri ako gace nawo waridutse.

Abanyamakuru b’Ibiro ntaramakuru bya Australia bavuga ko ntacyo ubutegetsi buratangaza kuri ibyo byago.

Indege zonyine nizo zishobora kwitabazwa ngo abantu bagere kubahuye n’ibyo byago babatabare.

Papua New Guinea ni igihugu gituwe n’abaturage bavuga indimi 800.

Igice kinini cyacyo ni icyaro kandi amajyambere aracyari make.

Imibare yerekana ko mu mwaka wa 2023 cyari gituwe n’abaturage miliyoni 10 kandi abagera kuri miliyoni 1.66 nibo bonyine bakoresha murandasi.

85% by’abaturage bose batuye mu cyaro.

TAGGED:AbaturageGuineaInkanguPapua
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Ababyeyi Baravugwaho Kujugunya Umwana Wabo Mu Bwiherero
Next Article Abahanze Udushya Mu Buhinzi Bo Muri Afurika Bagiye Kubyunguranamo Ibitekerezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Trump Ntarashirwa…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?