Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papua New Guinea: Inkangu Yahitanye Abantu 100
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Papua New Guinea: Inkangu Yahitanye Abantu 100

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2024 12:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu muri umwe mu midugudu yo mu Birwa bya Papua New Guinea bazindukiye mu marira nyuma y’uko inkangu ihitanye abantu 100.

Ni abo mu Mudugudu witwa Kaokalam mu Ntara ya Enga mu Bilometero 600 uvuye ku Nyanja ya Pacifique aho ikirwa cya Papua New Guinea giherereye.

Ibiro ntaramakuru bya Australia bitangaza ko bivuga ko abahitanywe n’iyi nkangu bashobora kuza kurenga 100 kuko hari abo batarabona mu bagwiriwe nayo.

Muri bo harimo abarengewe n’ibiti, ibyondo n’inkuta, bikaba bivugwa ko hari abandi byahitanye batari baboneka.

Umwe mu bahatuye avuga ko iriya nkangu yabaye mu ijoro ryakeye ubwo abaturage bari basinziriye.

Ikindi ni uko kugera kuri abo bantu bakeneye ubutabazi bitoroshye kuko umuhanda w’ibanze muri ako gace nawo waridutse.

Abanyamakuru b’Ibiro ntaramakuru bya Australia bavuga ko ntacyo ubutegetsi buratangaza kuri ibyo byago.

Indege zonyine nizo zishobora kwitabazwa ngo abantu bagere kubahuye n’ibyo byago babatabare.

Papua New Guinea ni igihugu gituwe n’abaturage bavuga indimi 800.

Igice kinini cyacyo ni icyaro kandi amajyambere aracyari make.

Imibare yerekana ko mu mwaka wa 2023 cyari gituwe n’abaturage miliyoni 10 kandi abagera kuri miliyoni 1.66 nibo bonyine bakoresha murandasi.

85% by’abaturage bose batuye mu cyaro.

TAGGED:AbaturageGuineaInkanguPapua
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Ababyeyi Baravugwaho Kujugunya Umwana Wabo Mu Bwiherero
Next Article Abahanze Udushya Mu Buhinzi Bo Muri Afurika Bagiye Kubyunguranamo Ibitekerezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?