Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pariki Y’Akagera Irateganya Gukoresha Imodoka Z’Amashanyarazi Gusa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Pariki Y’Akagera Irateganya Gukoresha Imodoka Z’Amashanyarazi Gusa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 December 2023 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kurinda ibidukikije no kwirinda gusakuriza inyamaswa, ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko buri kureba niba imodoka zikoresha amashanyarazi ari zo zonyine zakoreshwa ku basura iki cyanya gikomye.

Bizakorwa mu rwego rwo kwirinda imyotsi y’imodoka zisanzwe kuko ihumanya ikirere ikanabangamira inyamaswa.

Uyu mugambi uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri Mutarama, 2024 kuko ari cyo gihe imodoka ya mbere ikoresha amashanyarazi izatangira kuhakoreshwa.

Hagati aho moto zikoresha amashanyarazi zo zirakoreshwa kandi neza.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukerarugendo muri Pariki y’Akagera, Karinganire Jean Paul yabwiye itangazamakuru  ko batumije  imodoka ya mbere ikoresha amashanyarazi kandi ngo mu minsi mike izaba yatangiye gukorera muri Pariki y’Akagera.

Ati “ Ni mu rwego rwo kugendana na politiki y’igihugu yo kurinda ikirere no kwirinda imyotsi ituruka mu modoka zacu. Hano muri Pariki nk’abantu twita ku bidukikije no kubirinda, turi turagerageza gukoresha imodoka na moto by’amashanyarazi. Twahereye kuri moto ubu abashinzwe gukurikirana inkura barimo barazikoresha ubwo rero turashaka no gukoresha imodoka.”

Avuga ko ari imodoka z’amashanyarazi zigenda zicecetse, bigafasha kwegera inyamaswa neza kuruta gukoresha imodoka zikoresha lisansi na mazutu kuko zijya kwegera inyamaswa zisakuza , bidatuma ziruka.

Ati “ Iyo modoka rero nituyizana tukabona irakora neza muri iyi mihanda yacu yo muri Pariki, imodoka dufite zose tuzazihindura iz’amashanyarazi, hanyuma tugire uruhare runini mu kurinda ikirere no kurinda inyamaswa zacu kuko uko ugenda ugira imodoka nziza zidasakuza binatuma inyamaswa zitikanga.”

Imibare itangwa n’ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera ivuga ko muri uyu mwaka wa 2023 yasuwe n’abantu ibihumbi 50 barimo 50% by’Abanyarwanda.

Uyu mwaka uzarangira iyi Pariki yinjije Miliyari Frw 4.5.

TAGGED:AkageraAmashanyarazifeaturedimodokaPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Ubushyamirane Hagati Y’Aborozi N’Abahinzi Bwaguyemo Abantu 113
Next Article Rusizi: Imvura Yasenye Ikiraro Cy’Ingirakamaro Mu Mibereho Y’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?