Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pariki Y’Akagera Yatangiye Gukoresha Imodoka Z’Amashanyarazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Pariki Y’Akagera Yatangiye Gukoresha Imodoka Z’Amashanyarazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2024 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwatangaje ko mu gihe kiri imbere abasura iyo pariki bazajya bakoresha imodoka z’amashanyarazi mu gusura iyi pariki ya mbere isurwa n’abantu benshi kurusha izindi.

Gukoresha imodoka ya mbere ikoresha amashanyarazi mu gutembereza ba mukerarugendo bizabafasha kwirinda imyotsi ihumanya ikirere ikunze kubangamira inyamaswa.

Mu mwaka wa 2023 ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwari bwavuze ko buri gushaka kugerageza uburyo bushya bwo kwifashisha imodoka zikoresha amashanyarazi imbere muri pariki y’Akagera mu kwirinda urusaku n’imyuka mibi ituruka ku modoka zisanzwe bibangamira inyamaswa.

Umukozi wa Pariki wungirije ushinzwe ubukerarugendo n’iyamamazabikorwa, Karinganire Jean Paul, yabwiye bagenzi bacu ba IGIHE ko iyi modoka batekereje kuyigura mu mwaka wa 2022 kugira ngo ibafashe mu mushinga mugari bafite wo gukoresha imodoka z’amashanyarazi gusa.

Ati: “Izadufasha mu buryo bubiri, turifuza gutangiza umushinga wo gukoresha imodoka z’amashanyarazi muri Pariki zacu akaba arizo zonyine zihakorera kuko zarengera ikirere n’inyamaswa”.

Karinganire avuga ko abazayigendamo bazajya bagenda mu modoka zidasakuza ngo zikange inyamaswa.

Ati “Umuntu usura Pariki ayirimo bizamworohera kwegera inyamaswa kuko zitazikanga, bimufashe gufata amafoto no kuzegera mu buryo bwiza.”

Pariki y’Akagera irateganya kuzana izindi modoka z’amashanyarazi nyinshi ku buryo arizo zonyine zajya ziyikoreshwamo imbere.

Umwaka ushize wa 2023 Pariki y’Akagera yasuwe n’abantu 54 141 binjiza miliyoni $ 4,9.

Byatumye igera ku rugero rwa 92% rwo kwihaza mu byo ikoresha byose.

Iyi Pariki yashinzwe mu mwaka wa 1934, kuri ubu ifite ubuso bwa kilometero kare 1200.

TAGGED:AkageraAmashanyarazifeaturedPariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Mu Masezerano Hagati Y’u Rwanda Na Mali
Next Article Nyamasheke: Haravugwa Inzoga Yitwa Ruyazubwonko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?