Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Parti Libéral Mu Ngamba Zo Kwihutisha NST 2
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Parti Libéral Mu Ngamba Zo Kwihutisha NST 2

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 June 2025 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Hon Musoni Protais na Dep Germaine Mukabalisa
SHARE

Ishyaka riharanira kwishyira ukizana kwa buri wese, Parti Libéral, PL, ryaraye ritangaje ko rigiye gukomeza gufasha inzego za Leta kugera ku ntego z’iterambere ryiswe NST 2.

U Rwanda rwiyemeje ko izo ntego zigomba kuba zatanze umusaruro bitarenze umwaka wa 2029.

Abayoboke b’iri shyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa muntu baraye bateranye biyemeza ko bagomba kugira uruhare rutaziguye muri urwo rugendo.

Hari mu mahugurwa yahuje abagize Komite nyobozi yaryo na Biro z’amakomisiyo yabaye  kuri iki Cyumweru tariki 15, Kamena 2025.

Visi Perezida wa mbere w’iri shyaka Depite Munyangeyo Théogène yabwiye itangazamakuru ko bahuguye bagenzi babo bahuriye muri PL bagamije kubereka gahunda ya Kabiri yo kwihutisha iterambere, banerekwa uruhare rwa buri wese ngo izagerweho.

Munyangeyo ati: “ Ni ikiganiro cyo kubereka uko bike ishyaka rifite byakoreshwa neza, cyane cyane ibi bikaba iyo dufatiwe ibyemezo abadufasha bakavuga ko  gahunda zabo barazihagaritse.Twebwe nk’Abanyarwanda twabyitwaramo dute, tukamenya tubikoresha neza,  twishakamo ibisubizo”.

Depite Munyangeyo avuga ko bashaka ko ishyaka ryabo rifasha andi mu kugera ku ntego za NST 2

Munyangeyo avuga ko uruhare rwa PL muri iyo gahunda y’igihugu rugomba kugaragara kandi rukaba rufatika.

Ikiganiro cyatanzwe na Hon Musoni Protais, Chairman w’Umuryango uharanira Ubwigenge, Agaciro na Kwigira kwa Afurika ishami ry’u Rwanda, PAM-Rwanda, kibanze ku ngingo y’uko hakwiye kubaho ingamba n’uruhare rw’imitwe ya Politiki n’imiyoborere myiza  biganisha ku gaciro k’igihugu, amahoro n’umutekano kuri bose.

Ati: “Kugira ngo ibyo twifuza byose bijyane no kwigira nk’u Rwanda ndetse na Afurika kandi bigerweho, biradusaba gutoza abayoboke indangagaciro n’umuco w’igihugu n’ibindi”.

Yavuze ko kugira ngo habeho guteza imbere ubumwe bw’Afurika nk’uko ari intego yo kuzagerwaho bitarenze umwaka wa  2063, bisaba kugira uburere n’uburezi bifite intego ku gihugu.

Francine Rutazana, umwe mu bayoboke wa PL, avuga ko icyo abayoboke batahanye ari uko beretswe aho igihugu kigeze mu gushaka ibisubizo ku bibazo byabo, kandi bikagerwaho hadashingiwe ku nkunga y’amahanga cyangwa ku bitekerezo by’abanyamahanga.

Avuga ko iterambere ry’igihugu ni naryo PL ishaka kuko ari ishyaka riharanira ukwishyira ukizana k’umunyarwanda.

Rutazana avuga ko we na bagenzi be basangiye ishyaka bashaka ko NST 2 igerwaho uko yakabaye kandi mu nkingo zose harimo n’inkingi z’imiyoborere myiza.

Mu biganiro byahatangiwe, hari ikibanze ku buryo Komisiyo zo mu ishyaka zigomba kuba zubatse kandi ibyo zikora bigashingira ku ngingo ziri muri NST 2.

TAGGED:featuredIshyakaIteramberaMukabalisaMunyangeyoMusoniPL
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Inteko Yemereye Ubutabera Gukurikirana Minisitiri Mutamba
Next Article Nyarugenge: Yafatanywe Inzoga Z’Inkorano Yari Ajyanye Mu Nkundamahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?