Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pasiteri Mpyisi Azashyingurwa Ku Cyumweru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pasiteri Mpyisi Azashyingurwa Ku Cyumweru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2024 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mansoor Hamayun
SHARE

Abo mu muryango wa Pasiteri Ezra Mpyisi batangaza ko uyu mukambwe uherutse gutabaruka azashyingurwa taliki 04, Gashyantare, 2024, hazaba ari ku Cyumweru.

Inkuru y’urupfu rwa Mpyisi yamenyekanye  taliki 27, Mutarama, 2024, hari ku wa Gatandatu.

Yari umuntu mwiza mu ngeri nyinshi kuko yagiraga urugwiro kuri bose, akaba umuhanga mu kibonezamvugo nyarwanda kandi agakunda Imana n’abantu.

Taliki 03, Gashyantare, uyu mwaka muri Kaminuza y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi hazabera igikorwa ryo kuzirikana akamaro yagiriye u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange.

Ikiriyo cye kiri kubera ahitwa Panorama Hope Gardens i Rebero mu Karere ka Kicukiro.

Umuhango wo kumusezeraho mbere y’uko ashyingurwa uzabera muri Kaminuza y’Abadivantisiti bo muri Afurika yo Hagati (Adventist University of Central Africa (AUCA), ukazabanziriza kumushyingura mu irimbi rya Rusororo ku munsi uzakurikiraho.

Pasiteri Mpyisi yatabarutse afite imyaka 102, akaba yari afite abana umunani, abuzukuru n’abuzukuruza.

Yavutse mu mwaka wa 1922, akaba yari umugabo wize kandi wagize amahirwe mu buzima, akura akunda Imana ndetse aba Pasiteri mu Badivantisiti b’Umunsi wa Karindwi mu gihe kirekire.

Umurimo w’ubushumba yawukoreye mu bihugu byinshi birimo Zaïre( ubu ni DRC), Tanzania, Uburundi, Uganda, Kenya no mu Rwanda.

Yatangiye amashuri ye mu gihe cy’Abakoloni, yiga ahitwa Rwamata mu ishuri ry’Abadivantisiti, akomereza i Gitwe mu ishuri ry’abamisiyoneri b’Abadiventisiti, ndetse akomereza muri Kaminuza y’iri dini ahitwa Solusi muri Zimbabwe, icyo gihe iki gihugu kitwaga South Rhodesia ahakura dipolome muri Tewolojiya.

Pasiteri Mpyisi ni umuntu wari ufite ubutunzi bwinshi mu mateka y’u Rwanda kuko kuba yari amaze ikinyejana ari ho ari ikintu kitagirwa na benshi ku isi kandi muri icyo gihe cyose hari ibyo yabonye haba mu Rwanda no mu mahanga.

Yakoze ibwami, abaho mu gihe cy’abakoloni, arahunga, aza kugaruka abona ibya Jenoside yakorewe Abatutsi, abona uko u Rwanda rubohorwa, akorana n’abanyamadini n’abandi bagize uruhare mu kurwubaka, mbese mu magambo make atashye yari inzu y’ibitabo by’amateka y’u Rwanda.

The New Times ivuga ko mbere y’uko FPR-Inkotanyi itangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda, Pasiteri Ezra Mpyisi yahuje Umwami Kigeli V Ndahindurwa na Protais Musoni ngo ahe umugisha urwo rugamba.

Mu mwaka wa 2001 Mpyisi yagize uruhare mu gushinga Inteko izirikana, iyi ikaba Ihuriro ry’abantu bakuru b’inararibonye bafite ubumenyi ku mateka n’umuco by’Abanyarwanda biyemeje kubisigasira no kubisangiza abato.

Andi makuru avugwa ku bigwi bya Mpyisi ni uko yari umwe mu bapisiteri b’intiti bagize uruhare mu gushyira Bibiliya mu Kinyarwanda mu buhinduzi bwayo bwabanjirije ubundi kuva Ubukirisitu bwaduka mu Banyarwanda.

TAGGED:BibiliyafeaturedGushyinguraMpyisi PasiteriRusororo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Isaba Abantu Kumva Ko Icuruzwa Ry’Abantu Ari Iteshagaciro
Next Article Ikigo Bboxx Cy’Abongereza Kigiye Gushora Mu Rwanda Miliyoni $100
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?